Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
DEFENCE AND SECURITY MEDICAL OUTREACH ACTIVITIES PROGRESS IN NYARUGURU DISTRICT
Nyaruguru, 14 May 2025
From 28 April 2025 to-date, more than 6,300 patients received free medical treatment at Munini District Hospital in Nyaruguru…
RWANDA SECURITY FORCES DONATE SEWING MACHINES TO WOMEN'S COOPERATIVE IN CABO DELGADO
Cabo Delgado, 8 May 2025
The Rwanda Security Forces (RSF) in Mozambique donated 10 sewing machines, along with their essential accessories, to a…
RWANDA DEFENCE FORCE COMMENCES AN ANTI-GENDER BASED VIOLENCE WORKSHOP FOR MILITARY SPOUSES
Nyamasheke, 7 May 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) launched an anti-Gender-Based Violence (GBV) workshop in Nyamasheke District, bringing…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO LOCAL RESIDENTS
Bria, 25 April 2025
Rwandan peacekeepers (Level 2+ Hospital and Rwanda Battle Group VII), serving under the United Nations Multidimensional…
RWANDA DEFENCE FORCE LIBERATION CUP TOURNAMENT 2025 UNDERWAY
Kigali, 25 April 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Liberation Cup Tournament edition 2025 is underway in various locations where RDF…
GEN (RTD) JAMES KABAREBE BRIEFS RDF SENIOR COMMAND AND STAFF COURSE STUDENTS AND FACULTY
Kigali, 19 April 2025
Gen (Rtd) James Kabarebe, Minister of State for Regional Integration, together with General MK Mubarakh, RDF Chief of Defence…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON INTERNAL AND REGIONAL SECURITY DYNAMICS
Kigali, 17 April 2025
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda were hosted today at the Ministry of Defence/Rwanda Defence Force headquarters in…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS CONDUCT THE RWANDA PATRIOTIC ARMY LIBERATION WAR STUDY TOUR
Nyagatare, 16 April 2025
Students of the Rwanda Defence Force Senior Command and Staff Course (RDFSCSC), Intake 13, have commenced the Rwanda…
Ethiopian National Defence Force Chief of General Staff visits Rwanda
Kigali, 14 April 2025
The Chief of the General Staff of the Ethiopian National Defence Force (ENDF), Field Marshal Birhanu Jula, is in Rwanda for a…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOZAMBIQUE COMMEMORATE THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI
Cabo Delgado, 13 April 2025
Rwanda Security Forces in Mozambique along with Mozambique Security organs and friends of Rwanda commemorated the 31st…