Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF Inter-Force Sports Competition concludes on a high note
Kigali, 31 January 2018
The Rwanda Defence Force Inter-Force Competition 2020 Edition was concluded today on a high note with all military…
RDF officers train in “Military in Internal Security Operations” at RPA
Musanze, 27 January 2020
A total of 20 Rwanda Defence Force (RDF) Senior and Junior Officers began a workshop dubbed “Military in Internal Security…
Rwanda Peacekeepers awarded UN medals for maintaining peace
Kigali, 27 January 2020
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations (UN) Mission in South Sudan (UNMISS) as well as in the UN…
Rwanda and Israel conduct joint seminar on border protection
Kigali, 15 January 2020
Today, Rwanda and Israel Defence Ministries have conducted a one-day seminar on border protection in Kigali. The seminar…
Cultural diversity showcased at RDF Command and Staff College
Musanze, 10 January 2020
From the Zambian caterpillars’ sauce, the Kenyan ‘Nyama-Choma’ to the Rwandan famous ‘Runonko’ potatoes; food, drinks, social…
Qatar Armed Forces Chief of Staff visits Rwanda
Kigali, 7 January 2020
A Qatar Armed Forces delegation led by the Chief of Staff, Lt Gen (Pilot) Ghanim bin Shaheen al-Ghanim conducted a two-day…
END OF THE YEAR MESSAGE FROM H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RWANDA DEFENCE FORCE, TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
Men and women of the Rwanda Defence and Security Forces;
1. The year 2019 comes to an end, and we are about to celebrate as we usher in the New…
RDF Inter-Force Sports Competition on high gear
Kigali, 23 December 2019
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter Force competition planned from 1 October 2019 to 1 February 2020 is on high gear; with…
Rwandan Peacekeepers provide medical services to Sudanese
Darfur, 12 December 2019
Rwandan Battalion Peacekeepers (Rwanbatt53) under United Nations Mission in Darfur (UNAMID) provided free dental and…