Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
GOVERNOR OF LOBAYE PROVINCE IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC PARTICIPATES IN THE 31ST COMMEMORATION OF THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI IN RWANDA
Today, 10 April 2025, Bilateral forces deployed in Mbaiki and Bagandou, together with local leaders and security organs participated in 31st…
RWANDA BILATERAL FORCE IN CAR COMMEMORATES THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI
Bangui, 9 April 2025
On the evening of 8 April, Rwanda’s Bilateral Force in the Central African Republic (CAR), together with Rwandan peacekeepers…
RWANDAN PEACEKEEPERS COMMEMORATE THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI
7 April 2025
This morning Rwandan contingents in UN peacekeeping missions in South Sudan and Central African Republic along with Rwandan community…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR CONDUCT COMMUNITY WORK IN BANGUI CITY
Bangui, 5 April 2025
Today, Rwandan Peacekeepers (RWABATT-1), under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…
EAST AFRICAN STANDBY FORCE MEMBER STATES CONVENE IN RWANDA TO ENHANCE CRISIS RESPONSE CAPABILITIES
Kigali, 1 April 2025
The East African Standby Force (EASF) and Rwandan agencies involved in early warning systems are convening in Kigali for a…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS CONDUCT A NATIONAL STUDY TOUR
Kigali, 31 March 2025
The Rwanda Defence Force Senior Command and Staff College (RDF SCSC) Nyakinama has started the National Study Tour (NST) 2025…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED COURSE
Nasho, 29 March 2025
An RDF Infantry Brigade has successfully completed a four-month Advanced Infantry Training course at the Basic Military…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE INTAKE 24 GRADUATES IN MUSANZE DISTRICT
Musanze, 28 March 2025
Today, 75 officers; comprising of 71 from the Rwanda Defence Force, two from the Rwanda National Police, and two from the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN AWARDED UN SERVICE MEDALS
Malakal, 27 March 2025
Yesterday, Rwandan peacekeepers (RWANBATT-2) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), Malakal, were…
UPDF SENIOR COMMAND AND STAFF COLLEGE FACULTY AND STUDENTS VISIT RDF HEADQUARTERS
Kigali, 25 March 2025
A delegation of 27 faculty staff and students from Uganda’s Senior Command and Staff College (SCSC), Kimaka, led by Col Martin…