Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Rwanda Defence Force and Nebraska National Guard partnership launched
Kigali, 12 December 2019
Rwanda Defence Force and the Nebraska National Guard have today signed a State Partnership Programme that will strengthen…
Rwanda and Belgium enhance military cooperation
Kigali, 11 Dec 2019
A delegation from the Belgian Ministry of Defence led by Maj Gen Boucké, Chief of Staff of the Strategy Department visited Rwanda…
CAR Minister of Defence in Rwanda for implementation of agreement on defence cooperation
Kigali, 9 December 2019
The Minister of Defence of the Central African Republic, Marie Noëlle Koyara visits Rwanda from 09-11 December 2019. Today…
Rwanda Defence Force and Nebraska National Guard announce partnership
KIGALI, Rwanda (09 December, 2019) — Leaders of the Rwanda Defence Force and the Nebraska National Guard will launch partnership by signing a state…
25 RDF officers commence a UN Staff Officers Course at RPA
Musanze, 2 December 2019
The United Nations Staff Officers Training of Trainers (ToT) Course began today, Monday 2 December 2019 at the Rwanda Peace…
ZIGAMA CSS to prioritise innovation and technology in its service delivery
Kigali, 29 November 2019
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura and discussed the current financial…
Minister of Defence of the Gambia visits the Rwanda Ministry of Defence
Kigali, 19 November 2019
Hon Sheikh Omar Faye, Minister of Defence of the Gambia visits the Rwanda Ministry of Defence from 18-23 Nov 19.The purpose…
President Kagame commissions 320 Cadet Officers
Bugesera, 16 November 2019
President Paul Kagame and Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force (RDF) today commissioned 320 new officers at the…
The Dallaire Initiative and the RDF engage governments and partners to discuss new ways of ending the Recruitment and Use of Child Soldiers
Kigali, 13 November 2019
The Roméo Dallaire Child Soldiers Initiative (Dallaire Initiative) and the Rwanda Defence Force (RDF) will co-host a…
Rwandan Peacekeepers applauded for being closer to local community in South Sudan
Malakal, 11 November 2019
Local citizens in South Sudan have applauded Rwandan peacekeepers for being closer to them while executing assigned UN…