Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Minister Vincent Biruta visits RDF troops in Central African Republic
Bangui, 14 January 2022
Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Hon Vincent Biruta visited Rwanda 57 Task Force Battalion at their…
JORDAN delegation visits Rwanda Defence Force
Kigali, 14 January 2022
A delegation from Jordan headed by Maj Gen Ahmed Husni Hasan Hatoqia, the Director of General Intelligence Department today…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS SHOWCASE CULTURAL DIVERSITY
Musanze, 14 January 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College students (Course 10) in Nyakinama, Musanze district today celebrated the…
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits RDF Headquarters and signs agreement on expanding cooperation in fighting insurgents in Cabo Delgado
Kigali, 10 January 2022
A joint security and defence meeting was held today between the Chiefs of Staff of the Rwanda Defence Force, Gen J Bosco…
Inzego z’Umutekano z’u Rwanda na Mozambique zahuriye mu nama isuzuma uko umutekano uhagaze muri Cabo Delgado
Kigali, 9 Mutarama 2022
Uyu munsi abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano z’u Rwanda na Mozambique bahuye mu nama y’umutekano yarigamije gusuzuma uko…
Rwanda and Mozambique Defence and Security officials hold meeting to review the security situation in Cabo Delgado
Kigali, 9 January 2022
Today, a defence and security operational meeting between Rwanda and Mozambique security officials was held at the Rwanda…
Rwandan peacekeepers provide medical care services to residents of Lainya County in South Sudan
Juba, 31 December 2021
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt3) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted patrols from their base at…
President of the Republic of Mozambique visits Rwanda and SADC forces in Cabo Delgado, Mozambique
Yesterday on 29th Dec 21, the President of the Republic of Mozambique, H.E Filipe Nyusi accompanied by Minister of Defence made an official visit to…