Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Rwandan community and peacekeepers in South Sudan commemorate the 30th anniversary of 1994 Genocide against the Tutsi
On 7th April 2024, Rwandan community, Rwandan peacekeepers in South Sudan and friends of Rwanda commemorated the 30th anniversary of the 1994 Genocide…
CHIEF OF THE GENERAL STAFF OF CZECH REPUBLIC ARMED FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 6 April 2024
Today, the Chief of the General Staff of Czech Republic Armed Forces, Lieutenant General Karel Řehka along with his delegation…
Rwanda Security Force expands Civil Military Cooperation and community policing activities in Cabo Delgado
Rwanda Security Force (RSF) has been expanding its support in form of providing basic social services to the local population including distributing…
The Rwandan High Commissioner for Mozambique visits Rwanda Security Force (RSF) in Mocimboa da Praia (MdP) City
On Wednesday 27 March 2024, the Rwandan High Commissioner for Mozambique, HE Donath Ndamage conducted a one-day visit to RSF HQs in MdP District. The…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA WERE RECEIVED AT RDF HQ FOR THE QUARTERLY SECURITY BRIEFING
Thirty Defence Attachés (DA), Associates accredited to Rwanda and guest delegates were received at the MoD/RDF Headquarters in Kimihurura for the…
East African Standby Force Member States Convene in Rwanda
Kigali, 25th March 2024
The East Africa Standby Force (EASF) member states are convening in Kigali for a four-day session aimed at assessing disaster…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE 22 GRADUATES IN MUSANZE
Musanze, 22 March 2024
Today, 76 officers including 72 from the Rwanda Defence Force, 2 officers from the Rwanda National Police and 2 officers from…
RDF & US ARMY MEDICS TREAT 5,000 PEOPLE IN RWAMAGANA AND KAYONZA DISTRICTS FOR 10 DAYS
Rwamagana, 21 March 2024
Rwanda Defence Force, in collaboration with the United States Africa Command (USAFRICOM) and the Nebraska National Guard…
EAC ARMED FORCES DELEGATES COMMENCE A THREE-DAY PLANNING CONFERENCE TO ORGANIZE THE FIELD TRAINING EXERCISE "USHIRIKIANO IMARA 2024."
Nyamata, 18 March 2024
Today, East African Community member states’ Armed Forces, comprising military, police, correctional services, and civilian…
RDF & US ARMY MEDICAL PERSONNEL CONDUCT MEDICAL OUTREACH IN RWAMAGANA AND KAYONZA DISTRICTS
Rwamagana, 12 March 2024
The Rwanda Defence Force, in partnership with the United States Africa Command (USAFRICOM) and the Nebraska National Guard…