Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
DEFENCE SPOKESPERSON HIGHLIGHTS ROLES FOR THE FIGHT AGAINST GENOCIDE IDEOLOGY TO THE EMPLOYEES OF RRA AND OAG
Today, the Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald RWIVANGA, joined employees from Rwanda Revenue Authority (RRA) and the Office of Auditor General…
RWANDAN COMMUNITY IN SOUTH SUDAN COMMEMORATES THE 32ND ANNIVERSARY OF THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI
Members of the Rwandan Community in South Sudan, alongside representatives from the international community, gathered to commemorate the 32nd…
RWANDAN PEACEKEEPERS UNDER MINUSCA AND BILATERAL FORCES MARK THE 32ND COMMEMORATION OF THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI
Rwandan peacekeepers serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA), in…
RWANDA SECURITY FORCE COMMEMORATES THE 32ND ANNIVERSARY OF THE 1994 GENOCIDE AGAINST THE TUTSI IN RWANDA
The Rwanda Security Force (RSF-5), were joined today by Mozambican security organs, government officials and TotalEnergies Group representatives to…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE STUDENTS UNDERTAKE NATIONAL STUDY TOUR
Students from the Rwanda Defence Force Senior Command and Staff College (RDF SCSC), Nyakinama, have commenced a five-day National Study Tour (NST).…
OFFICERS AND OTHER RANKS COMPLETE BASIC SPECIAL OPERATIONS COURSE
Officers and other ranks of the Rwanda Defence Force (RDF) have successfully completed a Basic Special Operations Course at the Basic Military…
RWANDAN PEACEKEEPERS CONDUCT MEDICAL OUTREACH PROGRAM IN BIMBO WOMEN’S PRISON
Rwandan peacekeepers conducted a medical outreach at Bimbo Women's Prison in the outskirts of Bangui City, responding to a request from prison…
RDF HOSTS DEFENCE ATTACHÉS FOR A SECURITY BRIEFING ON INTERNAL AND REGIONAL SECURITY
The Ministry of Defence and the Rwanda Defence Force (RDF) today hosted Defence Attachés (DAs) and associates accredited to Rwanda for a security…
RDF AND TPDF CONCLUDE 15TH PROXIMITY COMMANDERS’ MEETING IN KARAGWE
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) today concluded the 15th Proximity Commanders’ Meeting after three days…
SECTOR COMMANDER OF SECTOR SOUTH VISITS RWANBATT-3 UNDER UNMISS
Today, the Sector Commander of Sector South, Brigadier General Shishir Bharadwaj visited Rwandan peacekeepers ( RWANBATT-3), currently deployed under…