Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
Rwanda, Tanzania Forces play a friendly football match
Ngoma District, 25 November 2023
Today, Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division played a friendly football match against Tanzania People's Defence…
Rwandan peacekeepers and local residents conducted community work in Juba Capital City
On 24 November 2023, Rwandan peacekeepers (RWANBATT3) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) jointly with Juba city…
Central African Republic enrols new soldiers trained by RDF
Bangui, 24 November 2023
The Central African Republic has today enrolled 512 new soldiers into the force after completing five months of basic…
Chief of General Staff of Burkina Faso Armed Forces visits Rwanda
Kigali, 9th November 2023
The Chief of General Staff of the Burkina Faso Armed Forces, Brig Gen Célestin SIMPORE and his delegation are in Rwanda…
Rwanda Security Forces (RSF) donate scholastic materials to schools in Mocimboa da Praia, Mozambique
Cabo Delgado, 26 October 2023
Due to the impact of war that crippled the education system during the four year terrorist insurgency in Mocimboa Da…
THE MINISTER OF FOREIGN AFFAIRS DR VINCENT BIRUTA VISITS RWANDAN TROOPS IN BANGUI, CAR
Bangui, 24 October 2023
Today, Rwandan delegation composed by the Minister of Foreign Affairs, Dr Vincent Biruta, SG NISS Maj Gen Joseph NZABAMWITA…
UN Peacekeeping Ministerial preparatory meeting opens in Rwanda
Kigali, 23 October 2023
Today, Honourable Minister of Defence, Mr Juvenal Marizamunda presided over the opening ceremony of the preparatory…
38 Officers complete Junior Command and Staff Course at RDF Command and Staff College
Musanze, 13 October 2023
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi today presided over the pass out of 38…
Rwandan peacekeepers provide medical services to residents in Sam-Ouandja City in Central African Republic
Yesterday, on 06 October 2023, Rwanda Battle Group V (RWABG V) peacekeepers under the United Nations Multidimensional Integrated and Stabilization…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON RDF OPERATIONS AND INTERNAL AS WELL AS REGIONAL SECURITY DYNAMICS
Kigali, 6 October 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…