Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
FOUNDERS OF APR FC PLAY WITH GICUMBI FC TO MARK THE 32ND ANNIVERSARY OF ITS FOUNDATION
Gicumbi, 4 July 2025
A special football match took place today between APR FC Founders and Gicumbi FC at Mulindi, the birthplace of APR FC. The…
RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2025 CONCLUDES WITH TROPHY AND MEDAL AWARDS
Kigali, 3 July 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) successfully concluded Liberation Cup Tournament 2025 at Kigali Pele Stadium with exciting…
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2025 AND EAC ARMED FORCES CIMIC WEEK OFFICIALLY CLOSED
Kigali, 3 July 2025
The Defence and Security Citizen Outreach Programme 2025, which has been conducted across Rwanda over the past three months,…
EAC ARMED FORCES PROVIDE FREE MEDICAL SERVICES TO RESIDENTS OF NYANZA AND NGOMA DISTRICTS
Nyanza, 29 June 2025
The East African Community (EAC) Armed Forces medical specialists are currently offering free medical services to residents of…
RWANDAN BILATERAL CONTINGENT PARTICIPATES IN COMMUNITY WORK IN BANGUI
Bangui, 28 June 2025
The Rwanda Bilateral Contingent in the Central African Republic today participated in community work (Umuganda) in Bangui City.
…PRESS RELEASE: RWANDA HOSTS THE 5TH EAC ARMED FORCES CIVIL-MILITARY COOPERATION WEEK ACTIVITIES
REF:RDF/DPA/A/10/03/25
Kigali, 27 June 2025
Rwanda will host the 5th East African Community (EAC) Armed Forces Civil-Military Cooperation (CIMIC)…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO LOCAL COMMUNITY IN SOUTH SUDAN
Durupi, 26 June 2025
Rwandan contingents serving under the United Nations Mission in South Sudan (Rwanbatt3, Rwanbatt1, Rwanda Aviation Unit, and…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bangui, 25 June 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT-1), under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER JOINS MOZAMBIQUE IN CELEBRATING 50 YEARS OF INDEPENDENCE
Cabo Delgado, 25 June 2025
Today, the Rwanda Security Force (RSF) joined the people of Mozambique in celebrating the country's 50th Independence…
RWANDAN PEACEKEEPERS PROVIDE MEDICAL SERVICES TO IDPs IN MALAKAL
Malakal, 21 June 2025
Rwandan peacekeepers (RWANBATT-2), serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) in Malakal, conducted a…