Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF REQUESTS INVESTIGATION OF THE FORCES ARMÉES DE LA RÉPUBLIQUE DÉMOCRATIQUE DU CONGO (FARDC) SHELLING ON RWANDAN TERRITORY
REF: RDF/MPR/A/10/01/22
Kigali, 23 May 2022
The Rwanda Defence Force (RDF) has requested the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) to…
International Organisation of Francophonie to train Rwandan peacekeepers in French
GAKO, 19 May 2022
The Secretary General of the International Organisation of Francophonie (OIF), Her Excellency Louise Mushikiwabo yesterday launched…
NATIONAL SECURITY SYMPOSIUM 2022 OPENS IN KIGALI
Kigali, 18 May 2022
A three-day National Security Symposium 2022 jointly organized by Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) and…
National Security Symposium 2022 to open on Wednesday
Kigali, 17 May 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) in collaboration with the University of Rwanda (UR) will hold the annual…
The Inspector General of Police of the Republic of Mozambique, Bernardino Rafael visits Rwanda Security Forces in Chai – Macomia District
Friday, 13 May 22
Today, Friday 13th May 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael…
The Chief of General Staff of Malian Armed Forces visits Rwanda
Kigali, 10 May 2022
The Chief of General Staff of Malian Armed Forces, Maj Gen Oumar Diarra is in Rwanda for 3 days official visit.
Today he was…
Officers from Nigeria Armed Forces Command and Staff College visit Rwanda
Kigali, 09 May 2022
A delegation of 42 general and senior officers, students from Armed Forces Command and Staff College Nigeria, is in Rwanda for…
Rwandan peacekeepers under UNMISS conduct community work with residents of Lokiliri Payam Village
Juba, 6 May 2022
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt3) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted patrol from Durupi Base Camp, Juba…
The Governor of Cabo Delgado Province visits Rwanda Security Force in Chai - Macomia district - Cabo Delgado
On 30th April 2022, the Governor of Cabo Delgado Province, Mr Valige Tauabo visited Rwandan forces at Chai administrative post.
He was received by…
Botswana Defence Minister pays courtesy call on Rwandan Counterpart
Kigali, 27 April 2022
The Minister of Defence of Botswana, Hon Kagiso Thomas Mmusi today paid a courtesy call on Minister of Defence of the…