Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
38 Officers graduate at RDF Command and Staff College
Musanze, 11 October 2019
Thirty eight officers that include thirty six from Rwanda Defence Force (RDF) and two from Rwanda National Police (RNP)…
Rwandan Peacekeepers conduct community work in Juba City
Juba, 28 September 2019
Rwandan Peacekeepers working under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) conducted on this Saturday a joint…
Regional Conference on ‘Rwanda’s Journey towards Sustainable Peace – 25 Years’ opens
Kigali, 19 September 2019
A regional conference entitled, “Rwanda’s Journey towards Sustainable Peace – 25 Years” has started in Kigali today. The 2…
Commandants of EAC Military Academies meet to review cooperation
Bugesera, 17 September 2019
Commandants of EAC Military Academies were today joined by their national Defence Liaison Officers to start a 3 days…
Malawi and Sri Lanka military delegations visit RDF as part of their study tour
Kigali, 3 September 2019
Two military delegations; one from Malawi Defence Force Headquarters and another from Sri Lanka Defence Services Command and…
Gen Kabarebe hails RDF Reservists for their commitment to serve Rwanda
Nyabihu, 2 September 2019
General James Kabarebe has commended the readiness of members of Rwanda Defence Force Reserve Force undertaking their…
RDF PRESS RELEASE - APPOINTMENTS AND CHANGES WITHIN RDF
REF: RDF/MPR/A/07/03/19
Kigali, 02 September 2019
H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER IN CHIEF OF THE RDF HAS MADE THE FOLLOWING…
RDF Chief of Defence Staff closes Exercise Shared Accord 19
Gabiro, 28 August 2019
The Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff (CDS) Gen Patrick Nyamvumba, together with Peter Vrooman, the US Ambassador to…
RDF wins two trophies at the EAC Military Games
Nairobi, 23 August 2019
Rwanda Defence Force Football and Basketball teams have today won two trophies in the just concluded East African Community…
Over 300 patients benefit from Exercise Shared Accord 19 at Rwanda Military Hospital
Kigali, 22 August 2019
The just concluded Medical Readiness Exercise (MEDREX) of the ongoing Exercise Shared Accord 19 provided medical care to 337…