Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
EAC CIMIC Tanzania, Uganda contingents pay homage to Genocide victims
Kigali, 1 July 2019
Contingents from Tanzania and Uganda who are in Rwanda for one-week East African Community Armed Forces medical outreach this…
Rwanda Defence Force hosts EAC Armed Forces Medical Outreach
28 June 2019
Rwanda Defence Force (RDF) along with contingents from Kenya, South Sudan, Tanzania and Uganda are conducting a one-week East African…
RDF pledges medical support as EASF takes over the African Union Standby Force
Nairobi, 20 June 2019
Rwanda Defence Force (RDF) has pledged to provide medical support for the Eastern African Standby Force (EASF) as the body…
RDF Peacekeepers share lessons learned
Kigali, 20 June 2019
Rwanda Defence Force (RDF), in partnership with the United States Institute of Peace and various other partners, is conducting a…
RDF trains South Sudanese, assists in community work
Malakal & Juba
Rwandan peacekeepers of Rwanbatt-2 (RDF 71 Infantry Battalion) serving under the United Mission South Sudan (UNMISS) in Malakal (North…
Senior officers from ten countries graduate at RDF Command and Staff College
Musanze, 7 June 2019
Forty-seven (47) Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and nine other allied Armed Forces from…
Gabiro Combat Training Centre students visit Genocide memorial site
Kigali, 1 June 2019
290 company course, platoon commanders’ and platoon sergeant course students from RDF Combat Training Centre in Gabiro this…
47 Senior Officers due to graduate from RDF Command and Staff College
Musanze, 31 May 2019
ACOS, Lt Gen Mupenzi awarding student Maj YU Gabarin from Nigeria.
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) is…
120 RDF soldiers of First Division (1Div) complete Section Commanders’ course
Kigali, 31 May 2019
A total of 120 RDF soldiers made up of Sergeants, Corporals and Privates have today completed a three-months section…
