Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
RDF PRESS RELEASE – PROMOTIONS AND APPOINTMENTS IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF:RDF/MPR/A/10/05/21
KIGALI, 12 MAY 2021
H.E. THE PRESIDENT OF THE…
Chief of General Staff of the Central African Republic Armed Forces visits Rwanda to discuss Defence Cooperation
Kigali, 8 May 2021
The Chief of General of Staff of the Central African Republic Armed Forces (FACA), Maj Gen Zephlin Mamadou led a military team of…
Post-Conflict Peacebuilding Course concludes at RPA
Musanze, 7 May 2021
The Senior Leadership for Post-Conflict Peacebuilding and Reconstruction Course concluded today at the Rwanda Peace Academy (RPA)…
RDF Command and Staff College to hold National Security Symposium
In collaboration with the University of Rwanda (UR), Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) will hold a three days National Security…
SOUTH SUDAN DEFENCE MINISTER MEETS RWANDAN COUNTERPART AND RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF
Kigali, 4 May 2021
The South Sudan Minister of Defence and Veterans Affairs, Hon. Angelina Jany Teny was today received at RDF Headquarters by Hon…
SOUTH SUDAN GENERALS IN RWANDA FOR A SENIOR LEADERSHIP POST-CONFLICT PEACEBUILDING AND RECONSTRUCTION COURSE
Musanze, 3 May 2021
Twenty-five senior military and police officers from South Sudan (Maj Gen – Lt Gen) are participating in the Senior Leadership…
CAR President decorates Rwandan peacekeepers
Bangui, 16 April 2021
The President of the Central African Republic H.E Prof Faustin Archange Touadera yesterday, awarded the Rwandan peace keepers…
2021 RPA Liberation War and Historical Sites Study Tour
Kigali, 14 April 2021
The Senior Command and Staff Course (SCSC) 9 will undertake a four days RPA Liberation War Study Tour and Allied Officers…
ZIGAMA CSS records 13.7 Billion net profitÂ
Kigali, 01 April 2021
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 13.7 Billion for the year 2020. It is an increase…