Ibikorwa Remezo Bishya Byubatswe Kuri GS Umubano II Bigamije Guteza Imbere Ireme ry'Uburezi
Minisiteri y’Uburezi ku bufatanye na Banki y’Isi binyuze mu mushinga witwa “Rwanda Quality Basic Education for Human Capital Development” ( RQBE) bubatse ibikorwaremezo binyuranye mu Rwunge rw’Amashuri rw’Umubano wa II mu Karere ka Rubavu bituma hari na bamwe mu bana bigaga mu mashuri acumbikira abanyeshuri ubu biga muri iryo shuri bahamya ko ibikoresho iri shuri rifite ari byiza bizabafasha gukabya inzozi zabo ndetse no kuzamura ireme ry'uburezi.
Murebwa Rindwa Faith, wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishami ry'Ubugenge,Ubutabire n'Ubumenyamuntu ufite inzozi zo kuzaba umuganga. Nyuma yo guhindura ikigo yigagaho gicumbikira abanyeshuri akajya kwiga ataha, yabanje kugira impungenge ko byashobora kudindiza urugendo rwe rw’amasomo. Icyakora, izo mpungenge zarashize nyuma yo kubona ibikorwaremezo byubatswe muri iri shuri birimo laboratwari, isomero n'ibyumba by'amashuri.
Ati: “Ibikorwaremezo biri muri iri shuri, cyane cyane nka za laboratwari, byanyongereye icyizere cyo kuzagera ku nzozi zanjye zo kuba umuganga. Kuba dufite laboratwari zifite ibikoresho bihagije bituma duhuza neza amasomo twiga mu ishuri ku bishyira mu mikorongiro bityo tukabifata vuba kandi bitworoheye.”
Faith avuga ko laboratwari zigezweho zizamufasha kwitegura neza amasomo ya kaminuza ndetse n’umwuga w’ubuganga. Ashimangira kandi ko kuba yiga ataha bitigeze bimubera imbogamizi mu myigire ye.
Ati: “Icy’ingenzi ni ukwiyemeza no gukorana umwete. Iyo ngeze mu rugo nkomeza gusubiramo amasomo no gukora ubushakashatsi, bikamfasha gukomeza guharanira intego zanjye.”
Nakure Marie Thérèse, Umuyobozi wa GS Umubano II, avuga ko ibikorwaremezo bishya byahinduye cyane imiterere y’ishuri, bituma habaho ahantu heza ho kwigira no kwigishiriza ndetse binagabanura ubucucike mu ishuri.
Ati: “Ibyumba by’amashuri byiyongereye byagabanyije ubucucike, aho abanyeshuri mu ishuri bavuye ku bagera kuri 60 bakagera hagati ya 38 na 40. Laboratwari nshya zongereye ireme ry’imyigishirize ya siyansi kuko zituma abanyeshuri bakora imyitozo yibyo bize mu ishuri, naho imbyumba by'amashuri bigiramo ikoranabuhanga bibafasha guteza imbere ubumenyi mu ikoranabuhanga no gukora ubushakashatsi.”
Akomeza avuga ko uruzitiro rwubatswe rwongereye umutekano n’imyitwarire myiza ku ishuri, mu gihe ubwiherero n’ibindi bikorwaremezo by’isuku byongerewe byazamuye isuku n’isukura muri GS Umubano II.
GS Umubano II yigamo abanyeshuri 1,278. Binyuze mu mushinga wa RQBE, ishuri ryubakiwe ibyumba by’amashuri, ibyumba bya mashuri yo kwigiramo ikoranabuhanga, laboratwari za Siyansi, icyumba cy’abarimu, uruzitiro, ibigega by’amazi ndetse n’ubwiherero. Umushinga wanavuguruye igikoni n’aho abanyeshuri bafatira amafunguro.
Minisiteri y’Uburezi ikomeje guteza imbere aho abanyeshuri bigira no kubaha ibikorwaremezo n’amahirwe bikenewe kugira ngo ireme ry'uburezi rigere ku kigero kiza.
More News
RWANDA PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH THE PRESIDENTIAL MEDAL OF APPRECIATION
Bangui, 29 July 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT13) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the…
RDF PRESS RELEASE – RETIREMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/10/04/25
KIGALI, 29 JULY 2025
- H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE RETIREMENT…
RDF Spokesperson addresses Itorero Indangamirwa on ‘Character Formation and Ethics’
Burera - Nkumba, 29 July 2025
On behalf of the Rwanda Defence Force leadership, the Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga today addressed…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO ITS SERVICE MEMBERS REACHING RETIREMENT AGE
Kigali, 28 July 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has, for the thirteenth time, held a send-off ceremony to honor and bid farewell to its service…
AFRICAN MILITARY CHIEF INSTRUCTORS COMMIT TO HARMONISE MILITARY TRAINING AND EDUCATION SYSTEMS
Kigali, 24 July 2025
The four-day African Command and Staff Colleges Chief Instructors' Workshop was officially closed in Kigali today by the RDF…
RWANDA HOSTS 18th AFRICAN COMMAND AND STAFF COLLEGES CHIEF INSTRUCTORS’ WORKSHOP
Kigali, 21 July 2025
The Chief Instructors of African Command and Staff Colleges from 18 African nations are convening in Kigali, Rwanda, from 21-24…
DEFENCE SPOKESPERSON ADDRESSES YOUNG LEADERS FROM THE AFRICA YOUTH LEADERSHIP FORUM
Kigali, 20 July 2025
On behalf of the RDF Chief of Defence Staff, Brigadier General Ronald Rwivanga, the Defence Spokesperson today addressed more…
STUDENTS FROM TRINITY INTERNATIONAL ACADEMY VISIT RDF COMBAT TRAINING CENTER GABIRO
Gatsibo, 16 July 2025
Students of Trinity International Academy school, Nyarutarama, Kigali, today visited the RDF Combat Training Centre Gabiro, in…
RDF CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES STUDENTS OF RWANDA INSTITUTE FOR CONSERVATION AGRICULTURE IN BUGESERA
Bugesera, 11 July 2025
The Chief of Civil-Military Cooperation in the Rwanda Defence Force (RDF), Colonel Désiré Migambi Mungamba, today addressed…
Rwandans in South Sudan celebrate the 31st Anniversary of Rwanda’s Liberation Day
Juba, 4 July 2025
The Rwandan Community in South Sudan, alongside UN peacekeepers, representatives from UNMISS HQs, local officials, and friends of…