ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, mu Karere ka Musanze, basuye Ingoro y'u Rwanda y’urugamba rwo kubohora igihugu ku Mulindi, mu rwego rw’urugendoshuri rujyanye no gusobanukirwa byinshi ku rugamba rwo kubohora igihugu rwagizwemo uruhare n’Ingabo zari iza RPA (Rwanda Patriotic Army).
Uru rugendoshuri ni rumwe mu zigamije gusura ahantu ndangamateka mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, ahatangirijwe ndetse hakanabera ibyiciro by'ingenzi by'urugamba rwo kubohora igihugu.
Uru rugendoshuri rufite intego yo gukomeza gutoza no kongerera ubumenyi ba ofisiye, binyuze mu masomo ajyanye n’urugamba. Rufasha kandi abanyeshuri gusobanukirwa byimbitse amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Aba banyeshuri bahawe ibiganiro na ba ofisiye bakuru bari mu kiruhuko cy'iza bukuru bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, aho babahaye ubuhamya bugaragaza imbogamizi bahuye na zo ku rugamba, n’ibyemezo by’ingenzi bya gisirikare byagiye bifatwa bikagira uruhare rufatika mu guhindura isura urugamba.
Ibyo biganiro byagarutse ku byafashije ingabo za RPA gutsinda urugamba, birimo ubuyobozi buhamye, imyitwarire myiza y’ingabo, uburyo bw’imirwanire ifite intego, gushyigikirwa n’abaturage ndetse n'umurava n'umuhate by’ingabo.
Nk’uko biri muri gahunda y’urugendoshuri, aba banyeshuri bazakomeza gusura ibindi bice ndangamateka by’ingenzi bifitanye isano n’urugamba rwo kubohora igihugu ndetse n’urugamba rwo guhagarika Jenoside, kugira ngo barusheho gusobanukirwa amateka y’u Rwanda n’umurage w’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
More News
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF HOSTS APR FC TEAM FOR LUNCHEON TO CELEBRATE THE RECENT SUPER CUP VICTORY
Kigali,12 January 2026
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), General MK Mubarakh, today hosted APR FC players and technical…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN THE CENTRAL AFRICAN REPUBLIC AWARDED UN SERVICE MEDALS
Bria, 7 January 2026
Rwandan peacekeepers deployed in Bria, Central African Republic (CAR), were today awarded United Nations service medals in…
RDF INTER-FORCE SPORTS COMPETITION REACHES QUARTER-FINALS
Kigali, 6 January 2026
The Rwanda Defence Force (RDF) Inter-Force Sports Competition has progressed to the quarter-final stage following a series…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 29 December 2025
Officers, Men, and Women of the Rwanda Defence Force and other Security Organs, as we close another year, I take this moment…
SECURITY ORGANS IN NORTHERN PROVINCE CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN BURERA DISTRICT
Burera, 23 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE’S PARLIAMENT VISITS RWANDAN SECURITY FORCES IN MOCÍMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 23 December 2025
The President of the Parliament of the Republic of Mozambique, Her Excellency Margarida Adamugi Talapa, today visited…
RDF INFANTRY BRIGADE COMPLETES ADVANCED TRAINING COURSE
Kirehe, 22 December 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Infantry Brigade, comprising senior officers, junior officers, and other ranks, has…
RWANDA SECURITY FORCES IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA PARTICIPATE IN PUBLIC SPORTS WITH LOCAL GOVERNMENT OFFICIALS
Cabo Delgado, 21 December 2025
The Rwanda Security Forces (RSF) deployed in Mozambique’s northern province of Cabo Delgado today participated in a…
RWANDA SECURITY FORCE COMMANDER RECEIVES MOZAMBIQUE DEPUTY ARMY COMMANDER IN MOCĂŤMBOA DA PRAIA
Cabo Delgado, 20 December 2025
Major General Vincent Gatama, Commander of the Rwanda Security Force (RSF) Joint Task Force, today received…
RWANDA DEFENCE FORCE CHIEF OF CIVIL MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH IN ISONGA NATIONAL SPORTS
Huye, 19 December 2025
The Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (J9), Colonel Désiré Migambi Mungamba, yesterday addressed 477…