UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RDF Special Operation Force gets newly trained personnel
Nasho, 21 Dec 23
Rwanda Defence Force (RDF) graduated a new intake of Special Operation Force after completing a 10 month specialised combat training…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/13/23
Kigali, 20 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED LT GEN MK…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/12/23
Kigali, 19 December 2023
THE HONOURABLE MINISTER OF DEFENCE OF THE REPUBLIC OF RWANDA HAS PROMOTED RDF NON COMMISSIONED…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/11/23
Kigali, 19 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED RDF…
RDF HOSTS DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA FOR AN END-OF-YEAR DINNER
Kigali, 15 December 2023
The Rwanda Defence Force (RDF) has organised a year-end dinner to honour Defence Attachés accredited to Rwanda. The event…
ZIGAMA CSS SET TO RECORD A RWF 35.7 BILLION NET PROFIT IN 2023
Kigali, 15 December 2023
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura where it was announced that the…
Rwanda Defence Force enrols new soldiers in the army
Nasho, 9 Dec 23
Today, Rwanda Defence Force (RDF) has officially enrolled newly trained soldiers into the Force following the completion of 7…
Deputy Minister and State Secretary at the Federal Ministry of Foreign Affairs of Germany and Ambassador of the Federal Republic of Germany to Mozambique visited Rwanda Security Forces in Palma Town
On 7 December 2023, Mrs Katja Keul, the Deputy Minister and State Secretary at the Federal Ministry of Foreign Affairs of Germany accompanied by HE…
Rwandan peacekeepers under MINUSCA launched blood donation campaign
On 25th November 2023, Rwandan peacekeepers-Rwabat2 (59 Infantry Battalion) serving under the Multidimensional Integrated Mission for Stabilization in…