UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
EAC ARMED FORCES HAND OVER REHABILITATED BOREHOLES TO BUGESERA RESIDENTS
Bugesera, 20 June 2024
The East Africa Community partner states currently conducting the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise, 'Ushirikiano…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DECORATED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Bossembele, 20 June 2024
Today, Rwandan peacekeepers (Rwabat-2) serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in…
DEFENCE AND SECURITY CITIZEN OUTREACH PROGRAMME 2024 CONCLUDES ACROSS THE COUNTRY
Kigali, 19 June 2024
Today, the three-month Defence and Security Citizen Outreach Programme 2024 which was launched on 1 March 2024, in…
THE RDF LIBERATION CUP TOURNAMENT 2024 ENDED WITH THE PRESENTATION OF SEVERAL TROPHIES
Kigali, 16 June 2024
Today at Kigali Pele Stadium, the RDF Liberation Cup tournament 2024 concluded with the final football match between the…
APR FC AND RAYON SPORT DRAW 0-0 IN A FRIENDLY FOOTBALL MATCH HELD AT AMAHORO STADIUM
On the 15th, APR FC, a Rwanda Defense Force football team, played a friendly football match against Rayon Sport at the Newly constructed Amahoro…
EAC ARMED FORCES FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” OPENS IN RWANDA
Bugesera, 13 June 2024
Today, the 13th EAC Armed Forces Field Training Exercise (FTX) dubbed 'USHIRIKIANO IMARA2024' kicked off at Gako, Bugesera…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES AND HANDS OVER PRIMARY SCHOOL TO THE RESIDENTS OF MOCIMBOA DA PRAIA DISTRICT
Cabo Delgado, 11 June 2024
Today, At Escola Primaria de Ntotwe, 25Kms from MdP District, RSF Joint Task Force Comd in Mozambique, Maj Gen Alex…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 10 June 2024
Today, the Chief of General Staff (CGS) of the Central African Republic Armed Forces, Maj Gen Zépherin MAMADOU visited the…
FORTY-NINE SENIOR OFFICERS GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 7 June 2024
Forty-nine Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and Allied Armed Forces from 10 African…
RWANDA SECURITY FORCE (RSF) REHABILITATES A ROAD IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
On Friday 31 May 2024, Rwandan security force (RSF) deployed in Ancuabe district, Cabo Delgado province, Mozambique participated in community work…