UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RWANDA SECURITY FORCE HANDOVER MARKET TO RESIDENTS OF MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 30 May 2025
Rwanda Security Force (RSF) officially handed over a newly constructed market facility to the local population of Macomia…
PROXIMITY COMMANDERS OF RWANDA AND TANZANIA STRENGTHEN CROSS BORDER SECURITY
Nyagatare, 29 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) and the Tanzania People’s Defence Force (TPDF) are convening the 12th Proximity Commanders’…
RDF ARMY CHIEF OF STAFF BRIEFS RWANDA SECURITY FORCES AHEAD OF DEPLOYMENT TO CABO DELGADO
Kigali, 25 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi, accompanied by the Commissioner of Police Vincent…
RWANDA SECURITY FORCE CONDUCTS COMMUNITY WORK IN MACOMIA DISTRICT
Cabo Delgado, 24 May 2025
The Rwanda Security Force (RSF) deployed in Macomia District, Mozambique, along with residents of the Mucojo coastal…
RWANDAN PEACEKEEPERS INITIATE ANTI-MALNUTRITION CAMPAIGN IN MALAKAL COUNTY
Malakal, 23 May 2025
Rwandan female Peacekeepers ( Rwanbatt-2), in Malakal under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS), conducted a…
MOZAMBICAN TROOPS GRADUATE IN AN ADVANCED INFANTRY COURSE
Mozambique, 23 May 2025
Today, the President of Mozambique and CinC of Mozambique Armed Forces (FADM), His Excellency Daniel Chapo presided over the…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CENTRAL AFRICAN REPUBLIC DONATE EDUCATIONAL MATERIALS TO STUDENTS
Bria, 22 May 2025
Rwandan peacekeepers, comprising of Rwanda Battle Group VII and Rwanda Level 2+ Hospital, serving under the United Nations…
School authorities commend defence and security organs for constructing ECD Centres
Kigali, 20 May 2025
School authorities have expressed their appreciation to defence and security organs, as well as local authorities, for the…
LOCAL COMMUNITIES COMMEND SECURITY FORCES FOR PROVIDING CLEAN WATER
Kigali, 16 May 2025
Byenene Primary School in Kamonyi District and Mugogwe Primary School in Huye District have expressed their appreciation for the…
RWANDA DEFENCE FORCE CONCLUDES ANTI-GENDER BASED AVIOLENCE WORKSHOP FOR MILITARY SPOUSES
Gisagara, 14 May 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) has successfully concluded Anti-Gender-Based Violence (GBV) workshop aimed at enhancing the…