UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
NORTHERN CORRIDOR INTEGRATION PROJECTS DEFENCE COOPERATION CLUSTER MEET IN RWANDA
Kigali, 8 January 2025
The Defence Cooperation Cluster's Technical Committee of the Northern Corridor Integration Projects (NCIPs) convened today in…
UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
Officers, Men, and Women of Rwanda’s Defence and Security Forces,
As we close another year, I take this moment to express my deepest gratitude for…
RWANDA SECURITY FORCES CONDUCT COMMUNITY WORK IN MACOMIA TOWN, CABO DELGADO PROVINCE
28 December 2024,
Rwandan Security Force (RSF) deployed in Macomia district, Cabo Delgado Province, Mozambique participated in community work…
MILITARY HEALTH SERVICE CHIEF OF STAFF ENGAGES RDF MEDICS ON SERVICE DELIVERY
Kigali, 26 December 2024
At RDF Headquarters in Kimihurura, Maj Gen Ephrem Rurangwa, Chief of Staff of the Military Health Services (MHS COS),…
EASF Concludes its Policy Organs Meeting in Kigali
Kigali, 21 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) concluded its 33rd Policy Organs Meeting today, 21 December 2024, after six days of…
EASF CHIEFS OF DEFENCE CONVENE IN KIGALI FOR STRONGER PARTNERSHIP
Kigali, 19 December 2024
Today, the Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence joined the Experts Working Group at the 33rd Policy Organs…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force’s 33rd Policy Organs Meeting
Kigali, 16 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) has begun its 33rd Policy Organs Meeting today, held in Rwanda at Kigali Convention…
RDF host an end-of-year dinner to honor the Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 13 December 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) held an end-of-year dinner this evening to honor Defence Attachés, both resident and…
Defence Attachés Accredited to Rwanda gather at RDF Headquarters for a Security Briefing
Kigali, 13 December 2024
Defence attachés accredited to Rwanda were hosted today to a security briefing at the MINADEF/RDF Headquarters in…