UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
Rwandan Female Peace keepers in South Sudan train locals in fighting Malaria
Juba, 26 August 2022
Yesterday, Rwandan Peacekeepers (Rwanbtt-1) Female Engagement Team under UNMISS conducted a training on the fight against…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER RECEIVES THE INCOMING RWANDA SECURITY FORCES JOINT TASK FORCE COMMANDER
Maputo, 23 August 2022
The incoming Rwandan Security Forces Joint Task Force Commander in Mozambique Maj Gen Eugene Nkubito along with the outgoing…
Rwandan Peacekeepers in South Sudan offer medical services to residents in Juba
Juba, 20 August 2022
Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) today conducted a medical outreach…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/10/22
Kigali, 19 August 2022
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/09/22
Kigali, 16 August 2022
1. H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF THE RWANDA DEFENCE FORCE…
Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia-Cabo Delgado Province and Rwanda Security Forces help Internally Displaced Persons returning to their homes
Yesterday, on 13th August 2022, the Mozambican Civil Administration in Mocimboa da Praia and Rwanda Security Forces received another batch of 437…
Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduate at the Royal Military Academy, Sandhurst UK
Today, Friday 12 Aug 22, Ian Kagame, Park Udahemuka and David Nsengiyumva graduated and were commissioned to the rank of 2nd Lieutnant at a ceremony…
Rwandan Security Forces together with SADC forces rescue terrorist hostages
Cabo Delgado, 2 August 2022
Since April this year, Rwandan Security Forces together with the Mozambican Army and Southern African Development…
Benin Armed Forces Chief of Army Staff visits RDF Headquarters
Kigali, 23 July 2022
Today, Benin Armed Forces Chief of Army Staff, Brigadier General Fructueux Candide Ahodegnon GBAGUIDI visited the Rwanda Defence…
RDF HONOURS RETIRING MILITARY OFFICERS
Kigali, 15 July 2022
Rwanda Defence Force (RDF) has for the tenth time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel who…