UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RDF along with US Army medical personnel conduct medical outreach in Bugesera district
Bugesera, 7 August 2023
Rwanda Defence Force in collaboration with United States Africa Command (USAFRICOM) and Nebraska National Guard have today…
Maj Gen Alex Kagame takes over the Joint Task Force Command in Mozambique
Today, 04 August 2023, the outgoing Rwanda Security Forces Joint Task Force (JTF) in Mozambique handed over to incoming Contingent after one-year tour…
President of Mozambique visits Rwanda Security Forces in Palma District, Cabo Delgado province
Cabo Delgado, 3 August 2022
Today, the President of the Republic of Mozambique H E Filipe Jacinto Nyusi visited the Rwandan Security Forces in Palma…
RDF Army Chief of Staff sees off relief force departing to Cabo Delgado, Mozambique
Kigali, 31 July 2023
Today, on behalf of the CDS, the RDF Army Chief of Staff (ACOS), Maj Gen V NYAKARUNDI along with Deputy Inspector General of…
PRESS RELEASE
REF: RDF/MPR/A/10/08/23
Kigali, 28 July 2023
Reference is made to the press release issued by the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo…
Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado, 22 July 2023
The Rt Reverend Bishop of Catholic Church of Pemba Diocese in Cabo Delgado Province, Dom Antonio Juliasse Sandramo along…
Rwandan peacekeeper Sgt Tabaro Eustache laid to rest
Kigali, 18 July 2023
Today, Rwandan Peacekeeper Sgt Tabaro Eustache who recently lost his life in Central African Republic was laid to rest in full…
Zigama CSS records a 22.8 billion net profit
Kigali, 18 July 2023
Zigama Credit and Savings Society (ZIGAMA CSS) has announced a net profit of 22.8 Billion for the year 2022. It is an increase…
EAC ARMED FORCES, POLICE AND CIVILIANS’ DELEGATES DEVELOP CONCEPT FOR THE EAC FIELD TRAINING EXERCISE USHIRIKIANO IMARA 2024
Nyamata, 17 July 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel and civilians’ delegates begun a three-day Concept Development…
RDF CHIEF OF DEFENCE STAFF BRIEFS SECURITY FORCES READY TO RELIEVE THEIR COLLEAGUES IN CABO DELGADO, MOZAMBIQUE
Kigali, 15 July 2023
Today, Rwanda Defence Force Chief of Defence Staff, Lt Gen Mubarakh Muganga met Security Forces ready to deploy to Cabo…