UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN CAR CONDUCT COMMUNITY WORK IN BANGUI
Bangui, 25 November 2025
Today, Rwandan Peacekeepers (Rwanbatt 1), serving under the United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission…
UMUNYAMABANGA WA LETA MU NTARA YA CABO DELGADO YASUYE INGABO Z' U RWANDA MURI MOCÍMBOA DA PRAIA
Mocímboa da Praia, 22 Ugushyingo 2025
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Intara ya Cabo Delgado, Fernando Bemane de Sousa, uyu munsi yasuye Inzego…
SECRETARY OF STATE FOR CABO DELGADO PROVINCE VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN MOCÍMBOA DA PRAIA
Mocímboa da Praia, 22 November 2025
The Secretary of State for Cabo Delgado Province, Fernando Bemane de Sousa, conducted an official visit today…
DEFENCE SPOKESPERSON DELIVERS LECTURE TO FACULTY STAFF AND STUDENTS FROM UNIVERSITY OF ZAMBIA
Kigali, 20 November 2025
Defence Spokesperson, Brig Gen Ronald Rwivanga, today delivered a lecture to a group of 20 students and faculty members…
UMUYOBOZI MUKURU MU NGABO Z’U RWANDA USHINZWE UBUFATANYE BWA GISIRIKARE N’ABASIVILI YAGANIRIJE URUBYIRUKO RURI MU MAHUGURWA Y’UBURERE MBONERAGIHUGU MU KIGO CY’IGIHUGU CY’UBUTORE
Burera, 19 Ugushyingo 2025
Kuri uyu munsi, Umuyobozi mukuru mu ngabo z’u Rwanda ushinzwe ubufatanye bwa Gisirikare n’Abasivili (Chief J9), Col.…
RDF CHIEF OF CIVIL-MILITARY COOPERATION ADDRESSES YOUTH UNDERGOING CIVIC EDUCATION AT THE NATIONAL UBUTORE DEVELOPMENT CENTRE
Burera, 19 November 2025
Today, the Rwanda Defence Force Chief of Civil-Military Cooperation (Chief J9), Col. Désiré Migambi Mungamba, addressed…
IRUSHANWA RY’IMIKINO IHUZA AMAKIPE YO MU NGABO Z’U RWANDA RYATANGIJWE
Kigali, 18 Ugushyingo 2025
Ingabo z’u Rwanda uyu munsi zatangije ku mugaragaro amarushanwa y’imikino ihuza abasirikare y’umwaka wa 2025–2026.
Iri…
RDF LAUNCHES INTER-FORCE COMPETITION 2025–2026 EDITION
Kigali, 18 November 2025
The Rwanda Defence Force (RDF), today officially launched the 2025–2026 Inter-Force Sports Competition, an annual event that…
RDF RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF ADDRESSES RESERVISTS IN NORTHERN PROVINCE
Musanze, 12 November 2025
The Rwanda Defence Force (RDF) Reserve Force Chief of Staff, Major General Alex Kagame, together with the Governor of…
THE FUTURE OF AFRICA’S MILITARY EDUCATION LIES IN COLLABORATION, INNOVATION, AND TECHNOLOGY INTEGRATION – GEN MK MUBARAKH
Kigali, Rwanda – 12 November 2025
The Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, has urged African military colleges to…