UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
Rwanda to host Centre of Excellence for UN Peacekeeping lessons learned
Kigali, 12 February 2024
Today, Rwanda Defence Force and the United Nations Institute for Training and Research (UNITAR) held a meeting on…
THE 32ND ORDINARY EASTERN AFRICA STANDBY FORCE POLICY ORGANS COUNCIL OF MINISTERS OF DEFENCE HELD IN NAIROBI-KENYA
Today, 27January 2024, the Ministers of Defence of the Eastern Africa Standby Force (EASF) Member States held a meeting in Nairobi, Kenya. The Member…
RWANDAN PEACEKEEPERS SERVING UNDER UNMISS DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Today, 26 January 2024, Rwandan peacekeepers (Rwanbatt-1) under United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were decorated with UN Service Medals…
MOZAMBIQUE ARMED FORCES CHIEF OF GENERAL STAFF VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 22 January 2024
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces (FADM), Admiral Joaquim Mangrasse visited the Rwanda Defence Force…
RDF officers and other ranks complete Advanced Infantry Training
Nasho, 17 January 2024
Today, Rwanda Defence Force (RDF) officers and other ranks successfully concluded seven-month long advanced infantry training…
THREE ARMED FARDC SOLDIERS CROSS INTO RWANDA, TWO UNDER ARREST
REF: RDF/MPR/A/10/01/24
Kigali, 16 January 2024
This morning at 0110hrs, three armed soldiers of the Democratic Republic of Congo armed forces…
RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE CELEBRATES CULTURE DAY AT NYAKINAMA
Musanze, 12 January 2024
Rwanda Defence Force Command and Staff College students in Nyakinama, Musanze district today celebrated the eleventh…
UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’URWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ndifuriza abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano mwese iminsi mikuru myiza, n’Umwaka mushya muhire.
Umwaka mushya ni umwanya wo kwisuzuma…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
I wish all the women and men of our defence and security organs happy holidays and a prosperous New Year.
The New Year is a time to reflect and renew…