UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
Faculty members and students from Zambia Defence Services Command and Staff College, visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 2 October 2023
Today, a delegation composed of 20 Faculty and students’ officers from Zambia Defence Services Command and Staff College,…
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province plays a friendly football match with Mozambique Forces (FADM)
On 30 September 2023, Rwanda Security Forces (RSF-3) Football team played a friendly match with FADM. The event was organised between FADM and RSF as…
The General Commander of the Mozambican Police, Bernardino Raphael, visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today 1 October 2023, the General Commander of Police of the Republic of Mozambique, Inspector General of Police Bernardino Raphael, accompanied by…
CAR President HE Prof Touadéra joins Rwanda Bilateral Force in community work in Bangui City
Today, 30 September 2023, the Central African Republic (CAR) President, HE Prof Faustin Archange Touadéra joined Rwanda Bilateral Force deployed in…
Rwanda hosts the initial planning conference for EAC Armed Forces Field Training Exercise Ushirikiano Imara 2024
Nyamata, 26 September 2023
Today, EAC member states Armed Forces, police personnel, Prisons, Immigration and civilians’ delegates begun a three-day…
Rwanda Security Force (RSF) conducts Joint community work to clean Mocimboa da Praia and Palma cities of Cabo Delgado Province - Mozambique.
Today 23 Sep 23 Joint Security Forces (RSF and FADM) carried out joint community work (Umuganda) in Palma and Mocimboa da Praia cities. This event was…
Joint Task Force Commander hosts and presides over an operational meeting at Rwanda Security Force (RSF) HQ in Mocimboa da Praia Town
Today, 23 September 2023, Maj Gen A Kagame the JTF Commander received at RSF HQs a delegation led by FADM Head of Operations, Brig Gen Chongo Vidigal,…
Rwandan peacekeepers in Central African Republic decorated with UN service medals
Bria- CAR, 20 September 2023
Today, Rwandan peacekeepers (Rwanda Battle Group V and RWAMED VIII LEVEL2+ Hospital) under United Nations…
Faculty members and participants of Executive Intelligence Management Course from the National Institute for Security Studies, Abuja Nigeria- visit Rwanda Defence Force HQs
Kigali, 19 September 2023
Today, a delegation composed of 22 Faculty and Course participants from National Institute for Security Studies (NISS)…
Rwanda Security Force conduct community work to clean coastal town of Mocimboa da Praia district, Cabo Delgado Province - Mozambique
On Saturday, 16 September 2023, Rwanda Security Force (RSF) deployed in Mozambique, Northern Province of Cabo Delgado, conducted community work,…