UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISITS RWANDAN BILATERAL FORCES IN CAR
Bangui, 2 December 2025
The Army Chief of Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Major General Vincent Nyakarundi, together with the Chief of…
SECURITY ORGANS CONDUCT TREE-PLANTING ACTIVITY IN GAKENKE
Gakenke, 2 December 2025
Today, joint security forces comprising personnel from the Rwanda Defence Force (2nd Division), Rwanda National Police…
RWANDA SECURITY FORCES PROVIDE SPORTS KITS TO YOUTH IN MOCÍMBOA DA PRAIA CITY
Cabo Delgado, 29 November 2025
As part of their Civil-Military Cooperation (CIMIC) and Community Policing initiatives, the Rwanda Security Forces…
CENTRAL AFRICAN REPUBLIC ARMED FORCES ENROL NEW SOLDIERS TRAINED BY RDF INSTRUCTORS
Bangui, 29 November 2025
The Central African Republic Armed Forces (FACA) have officially enrolled 545 new soldiers who completed their basic…
PRESIDENT OF MOZAMBIQUE VISITS RWANDA SECURITY FORCE IN ANCUABE DISTRICT, CABO DELGADO
Cabo Delgado, 29 November 2025
Mozambican President, H.E. Daniel Francisco Chapo, today visited the Rwanda Security Force (RSF) deployed in Ancuabe…
RESERVE FORCE CHIEF OF STAFF ADDRESSES RESERVISTS FROM SOUTHERN PROVINCE
Muhanga, 28 November 2025
The Rwanda Defense Force (RDF) Chief of Staff of the Reserve Force, Major General Alex Kagame, held a meeting today with…
THE RDF ARMY CHIEF OF STAFF VISIT TO RWANDAN PEACEKEEPERS IN BANGUI CITY
Bangui, 28 November 2025
Today, the Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent NYAKARUNDI, and his delegation visited RDF…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA VISIT MUTOBO DEMOBILISATION AND REINTEGRATION CENTRE AND RDF SENIOR COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 28 November 2025
Defence Attachés (DAs) accredited to Rwanda today visited the Mutobo Demobilisation and Reintegration Centre in Musanze…
THE MINISTRY OF DEFENCE HOSTED A GALA DINNER FOR DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA
Kigali, 28 November 2025
Last night, the Ministry of Defence hosted an end-of-year gala dinner for defence attachés and associates accredited to…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA RECEIVE BRIEFING ON THE CURRENT SECURITY SITUATION
Kigali, 27 November 2025
Today, the Ministry of Defence/Rwanda Defence Force (RDF) hosted Defence Attachés and Associates accredited to Rwanda for a…