UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RDF trains South Sudan Internally Displaced Persons (IDPs) on COVID-19
Juba, 21 January 2021
Rwandan peacekeepers of Rwanda battalion 3- Regional Protection Force ( Rwanbatt3-RPF) serving under the United Nations Mission…
RDF receives remains of fallen Rwandan peacekeeper
Kigali, 21 January 2021
The casket bearing the remains of Rwandan peacekeeper, Sergeant Nsabimana Jean D’Amour, arrived in Rwanda from Central…
MINUSCA pays last tribute to Rwandan peacekeeper
Bangui, 20 January 2021
The United Nations Multidimensional Integrated Stabilization Mission in the Central African Republic (MINUSCA) and the…
RDF, RBC launch blood donation exercise
Kigali, 15 January 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) and Rwanda Biomedical Centre (RBC) have today started an annual blood donation exercise. Kami…
RDF mourns fallen Rwandan Peacekeeper
REF:RDF/MPR/A/08/1/21
Kigali, 13 Jan 2021
The Rwanda Defence Force is deeply saddened by the death of a Rwandan peacekeeper serving under the…
END OF YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT AND COMMANDER-IN-CHIEF TO RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda and on my own behalf, I extend my best wishes for a prosperous New Year 2021 to the valiant men and women of…
Rwanda deploys force protection troops to Central African Republic
REF:RDF/MPR/A/07/12/20
Kigali, 20 December 2020
The Government of Rwanda has deployed force protection troops to the Central African Republic, under…
EASF Council of Ministers adopts the Organisation’s strategic plan for the next five years
Kigali, 18 December 2020
The 28th session of the Eastern Africa Standby Force's Council of Ministers for Defence and Security meeting was held today…
EASF Defence Chiefs meet in Rwanda
Kigali, 16 December 2020
The Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence and Security meeting has opened in Kigali as part of the 28th…