UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
Rwandan Peacekeepers and Society for Family Health Conduct Community Outreach in Juba
Juba, 11 October 2025
Rwandan peacekeepers—comprising both Army and Police personnel under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS)—in…
MAJ GEN EMMY RUVUSHA YASHYIKIRIJE INSHINGANO UMUSIMBUYE KU BUYOBOZI BW’INZEGO Z'UMUTEKANO Z’U RWANDA MURI CABO DELGADO
Cabo Delgado, 10 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Maj Gen Emmy K. Ruvusha, wari Umuyobozi w'Inzego z'umutekano z'u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado, muri…
MAJ GEN EMMY RUVUSHA HANDS OVER COMMAND RESPONSIBILITIES OF RWANDA SECURITY FORCES IN CABO DELGADO
Cabo Delgado, 10 October 2025
Today, Major General Emmy K. Ruvusha, the Joint Task Force Commander of the Rwanda Security Forces (RSF) in Mozambique,…
URUBYIRUKO RW’ABANYARWANDA RUTURUKA MURI AFURIKA Y’EPFO RWASUYE ICYICARO GIKURU CYA RDF
Kigali, 8 Ukwakira 2025
Itsinda rigizwe n’urubyiruko rw’Abanyarwanda cumi na babiri baba muri Afurika y’Epfo, riri mu ruzinduko rw’iminsi icumi mu…
RWANDAN YOUTH FROM SOUTH AFRICA VISIT RDF HEADQUARTERS
Kigali, 8 October 2025
A delegation of twelve (12) Rwandan youth residing in South Africa are currently on a ten-day visit to Rwanda as part of the…
ABANYESHURI BO MU ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA BASUYE INGORO YO KUBOHORA IGIHUGU KU MULINDI
Mulindi, 7 Ukwakira 2025
Uyu munsi, Abanyeshuri bagize Icyiciro cya 25 biga amasomo ajyanye n'imiyoborere y'ingabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare…
RDF JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE INTAKE 25 VISITS THE RWANDA LIBERATION MUSEUM, MULINDI
Mulindi, 7 October 2025
Today, officers from the Rwanda Defence Force (RDF) Command and Staff College (Junior Command and Staff Course Intake 25)…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA SOMALIYA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, ku wa 7 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Somaliya (SNAF), Maj Gen Odawa Yusuf Rage, n’intumwa ayoboye, bari mu ruzinduko rw'iminsi…
THE CHIEF OF DEFENCE FORCES OF THE SOMALIA NATIONAL ARMED FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 7 October 2025
The Chief of Defence Forces of the Somali National Armed Forces (CDF-SNAF), Major General Odawa Yusuf Rage, and his delegation…
RDF PRESS RELEASE - PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/DPA/A/11/08/25
Kigali, 4 October 2025
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND C-IN-C OF RDF HAS PROMOTED 632 OFFICERS, DUE FOR…