UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN HONOURED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Juba–Durupi, 22 October 2025
Rwandan peacekeepers, comprising Rwanbatt-3 and the Rwandan Aviation Unit (RAU-13), serving under the United Nations…
RDF AND ICRC CONVENE SYMPOSIUM ON INTERNATIONAL HUMANITARIAN LAW AND CIVILIAN PROTECTION
Kigali, 21 October 2025
The Rwanda Defence Force (MOD/RDF), in collaboration with the International Committee of the Red Cross (ICRC), today held…
RWANDAN PEACEKEEPERS CONDUCT COMMUNITY WORK AND DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS IN SOUTH SUDAN
Juba, 17 October 2025
Rwandan peacekeepers (17 Mechanized Infantry Battalion) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) donated a…
VALIDATION WORKSHOP OF STRATEGIC LEVEL COURSES CONCLUDES AT THE RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Nyakinama, 16 October 2025
The Validation Workshop of Strategic Level Courses, held from 13 to 16 October 2025 at The Rwanda Defence Force Command…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA
Musanze, 15 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uyu munsi yasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 15 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces (CDS-GAF), Lieutenant General Mamat O.A. Cham, today visited the…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, 13 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva ku itariki…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 13 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, is on a working visit to Rwanda…
Ingabo z' u Rwanda ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo bafatanije n' Umuryango SHF bakoze igikorwa cyo kurwanya malaria mu nkambi ya Mangateen
Juba, 11 Ukwakira 2025
Abasirikare n'abapolisi b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku bufatanye…