UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
Rwandan community and peacekeepers in South Sudan commemorate the 30th anniversary of 1994 Genocide against the Tutsi
On 7th April 2024, Rwandan community, Rwandan peacekeepers in South Sudan and friends of Rwanda commemorated the 30th anniversary of the 1994 Genocide…
CHIEF OF THE GENERAL STAFF OF CZECH REPUBLIC ARMED FORCES VISITS RDF HEADQUARTERS
Kigali, 6 April 2024
Today, the Chief of the General Staff of Czech Republic Armed Forces, Lieutenant General Karel Řehka along with his delegation…
Rwanda Security Force expands Civil Military Cooperation and community policing activities in Cabo Delgado
Rwanda Security Force (RSF) has been expanding its support in form of providing basic social services to the local population including distributing…
The Rwandan High Commissioner for Mozambique visits Rwanda Security Force (RSF) in Mocimboa da Praia (MdP) City
On Wednesday 27 March 2024, the Rwandan High Commissioner for Mozambique, HE Donath Ndamage conducted a one-day visit to RSF HQs in MdP District. The…
DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA WERE RECEIVED AT RDF HQ FOR THE QUARTERLY SECURITY BRIEFING
Thirty Defence Attachés (DA), Associates accredited to Rwanda and guest delegates were received at the MoD/RDF Headquarters in Kimihurura for the…
East African Standby Force Member States Convene in Rwanda
Kigali, 25th March 2024
The East Africa Standby Force (EASF) member states are convening in Kigali for a four-day session aimed at assessing disaster…
JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE 22 GRADUATES IN MUSANZE
Musanze, 22 March 2024
Today, 76 officers including 72 from the Rwanda Defence Force, 2 officers from the Rwanda National Police and 2 officers from…
RDF & US ARMY MEDICS TREAT 5,000 PEOPLE IN RWAMAGANA AND KAYONZA DISTRICTS FOR 10 DAYS
Rwamagana, 21 March 2024
Rwanda Defence Force, in collaboration with the United States Africa Command (USAFRICOM) and the Nebraska National Guard…
EAC ARMED FORCES DELEGATES COMMENCE A THREE-DAY PLANNING CONFERENCE TO ORGANIZE THE FIELD TRAINING EXERCISE "USHIRIKIANO IMARA 2024."
Nyamata, 18 March 2024
Today, East African Community member states’ Armed Forces, comprising military, police, correctional services, and civilian…
RDF & US ARMY MEDICAL PERSONNEL CONDUCT MEDICAL OUTREACH IN RWAMAGANA AND KAYONZA DISTRICTS
Rwamagana, 12 March 2024
The Rwanda Defence Force, in partnership with the United States Africa Command (USAFRICOM) and the Nebraska National Guard…