UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
Northern Corridor Member States gather in Kigali for Defence Cluster meeting
Kigali, 20 February 2025
Member States of the Northern Corridor Integration Projects (NCIP) from Kenya, Rwanda, South Sudan, and Uganda gathered in…
CDS HOSTS DELEGATION FROM NIGERIAN ARMY RESOURCE CENTRE
Kigali, 18 February 2025
A 30-member delegation from the Nigerian Army Resource Centre (NARC), led by Maj Gen (Rtd) Garba Ayodeji Wahab, Director…
CHIEF OF DEFENCE STAFF PRESIDES OVER MIDDLE-LEVEL COMMANDERS AND STAFF SEMINAR PASSOUT CEREMONY
Kamonyi, 13 February 2025
RDF Chief of Defence Staff (CDS), General MK Mubarakh, presided over the passout ceremony of the middle-level commanders…
EAC DEFENCE EXPERTS WORKING GROUP CONVENES IN KIGALI
Kigali, 13 February 2025
Defence Experts from East African Community (EAC) partner states convened in Kigali, Rwanda, from 13 to 14 February 2025…
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN DECORATED WITH UN SERVICE MEDALS
Juba, 12 February 2025
Rwandan peacekeepers (RWABATT-1) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were today decorated with UN service…
MIDDLE-LEVEL COMMANDERS FROM RDF GACURABWENGE TRAINING CENTRE UNDERTAKE STUDY TOUR
Kigali, 8 February 2025
A group of 75 middle-level commanders and staff from the Rwanda Defence Force (RDF) Gacurabwenge Training Centre conducted a…
OFFICERS COMPLETE MILITARY CAREER COURSES AT GABIRO COMBAT TRAINING CENTRE
Gabiro, 08 February 2025
Today, 483 senior officers, junior officers, and other ranks from the Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police…
MILITARY HIGH COURT MAINTAINS THE INITIAL VERDICT OF LIFE IMPRISONMENT TO SGT MINANI
Nyamasheke, 7 February 2025
The military high court has maintained the life sentence imprisonment verdict to Sgt Minani after 2 days of hearing on…
Rwanda Security Forces Commander attends 12th Joint Operational Coordination Meeting
Pemba, 01 February 2025
Maj Gen Emmy K. Ruvusha, Commander of the Rwanda Security Forces (RSF), took part in the 12th Joint Operational Coordination…
RDF INTER-FORCE COMPETITION WRAPS UP WITH EXCITING FINALE
Kigali, 31 January 2025
The 2024-2025 RDF Inter-Force Sports Competition concluded today with an exciting final football match between the Combat…