UMUVUGIZI W’INGABO Z’U RWANDA YATANZE IKIGANIRO KU BANYESHURI N’ABAKOZI BA RICA
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga mu bya Gisirikare akaba n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Patrick Karuretwa, uyu munsi yatanze ikiganiro kigamije kungurana ibitekerezo n’abanyeshuri n’abakozi barenga 300 bo mu Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ryita ku Buhinzi bushingiye ku Kubungabunga Ibidukikije (RICA), riherereye mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera.
Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti: “Uruhare rwa RPA mu Kubohora igihugu mu 1994: Urubyiruko rw’uyu munsi rwakomeza rute ibyagezweho?”
Cyagarutse ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, uruhare rw’Ingabo za RPA Inkotanyi, ndetse n’inshingano z’urubyiruko rw’iki gihe mu kurinda no gukomeza ibyagezweho n’Igihugu.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iki kiganiro, Brig Gen Karuretwa yasobanuye amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko imyaka myinshi y’ubuyobozi bubi yashyize imbere amacakubiri, ivangura, imvugo z’urwango n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ndetse ko ibyo byageze n’aho byigishwa binyuze muri gahunda z’uburezi.
Yanagaragaje ko Abanyarwanda benshi bameneshejwe bagahunga igihugu, kandi ko iyo miyoborere ishingiye ku macakubiri ari yo yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yashimangiye ko gusobanukirwa ayo mateka ari ingenzi kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Brig Gen Karuretwa yavuze ko muri Mata 1994, Ingabo za RPA zatangiye ibikorwa byo gutabara abasivili b’inzirakarengane no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma y’uko Umuryango w’Abibumbye n’umuryango mpuzamahanga bananiwe gutabara.
Yagaragaje ko intsinzi ya RPA yubakiye ku ndangagaciro zirimo ubutwari, gukunda igihugu, imyitwarire myiza, ubunyamwuga no gukorera igihugu nta nyungu bwite, kandi ko izo ndangagaciro ari zo zikomeje kuranga Ingabo z’u Rwanda kugeza n’uyu munsi.
Mu gusoza ikiganiro cye, Brig Gen Karuretwa yashishikarije abanyeshuri gukura isomo ku rubyiruko rwagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, bakarushaho kubakira ku byo rwagezeho kugira ngo bakomeze urugendo rw’iterambere. Yabasabye gukora umurimo wabo bashyizeho umwete, gukorera igihugu cyabo babikunze, no guharanira indangagaciro zo gukunda igihugu, ubutwari, imyitwarire iboneye, ubunyangamugayo no gukorera abandi nta kwikunda.
More News
HE Stefan Löfven former Prime Minister of Sweden meets Rwanda's Minister of Defence
Today, 4 September 2023, Minister of Defence, Juvenal Marizamunda received in his office HE Stefan Löfven, former Prime Minister of Sweden and the…
RDF HONOURABLY BIDS FAREWELL TO RETIRING GENERALS AND SENIOR OFFICERS AT A CEREMONY AT HQs
Kigali, 1 September 2023
Rwanda Defence Force (RDF) has for the eleventh time held a send-off ceremony to honour the service of Military personnel…
RDF PRESS RELEASE – RETIREMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/10/23
Kigali, 30 August 2023
1. H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS APPROVED THE…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION AND APPOINTMENT IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/09/23
Kigali, 30 August 2023
1. HIS EXCELLENCY THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED…
The Mozambique Chief of General Staff Admiral Joaquim Mangrasse visits Rwanda Security Force HQ in Mocimboa da Praia - Cabo Delgado
Today, 25 August 2023, the Mozambique Chief of General Staff (CGS), Admiral Joaquim Mangrasse, visited Rwanda Security Force Headquarters (RSF HQs) in…
Rwandan peacekeepers and local community in South Sudan conduct community work in Juba City
Juba, 19 August 2023
Today, Rwandan Peacekeepers (RWANBATT-3, RWANBATT-1 and Rwanda Aviation Unit 11) serving under the United Nations Mission in…
A delegation headed by Mocimboa da Praia District Administrator visits Rwanda Security Force Headquarters in Cabo Delgado province
On 18th Aug 23, the Administrator of Mocimboa da Praia, Mr Sergio Domingo Cypriano accompanied by Zito Navaca the director of Serviço de Informações e…
Eswatini Defence Principal Secretary and Army Chief visit RDF Headquarters
Kigali, 18 August 2023
Today, the Principal Secretary of the Ministry of National Defence and Security of the Kingdom of Eswatini, His Royal Highness…
RDF and US Medical Personnel conclude medical treatment in Bugesera District
Bugesera, 11 August 2023
Yesterday, Rwanda Defence Force in collaboration with United States Africa Command (USAFRICOM) and Nebraska National Guard…
Rwandan peacekeepers under UNMISS decorated with UN medals
Today, 10 August 2023, Rwanbatt-3 and Rwanda Aviation Unit 11 peacekeepers serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) were…