RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
RDF Special Operation Force gets newly trained personnel
Nasho, 21 Dec 23
Rwanda Defence Force (RDF) graduated a new intake of Special Operation Force after completing a 10 month specialised combat training…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/13/23
Kigali, 20 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED LT GEN MK…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/12/23
Kigali, 19 December 2023
THE HONOURABLE MINISTER OF DEFENCE OF THE REPUBLIC OF RWANDA HAS PROMOTED RDF NON COMMISSIONED…
RDF PRESS RELEASE – PROMOTION IN THE RWANDA DEFENCE FORCE
REF: RDF/MPR/A/10/11/23
Kigali, 19 December 2023
H.E THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC OF RWANDA AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RDF HAS PROMOTED RDF…
RDF HOSTS DEFENCE ATTACHÉS ACCREDITED TO RWANDA FOR AN END-OF-YEAR DINNER
Kigali, 15 December 2023
The Rwanda Defence Force (RDF) has organised a year-end dinner to honour Defence Attachés accredited to Rwanda. The event…
ZIGAMA CSS SET TO RECORD A RWF 35.7 BILLION NET PROFIT IN 2023
Kigali, 15 December 2023
ZIGAMA CSS General Assembly members convened today at RDF Headquarters, Kimihurura where it was announced that the…
Rwanda Defence Force enrols new soldiers in the army
Nasho, 9 Dec 23
Today, Rwanda Defence Force (RDF) has officially enrolled newly trained soldiers into the Force following the completion of 7…
Deputy Minister and State Secretary at the Federal Ministry of Foreign Affairs of Germany and Ambassador of the Federal Republic of Germany to Mozambique visited Rwanda Security Forces in Palma Town
On 7 December 2023, Mrs Katja Keul, the Deputy Minister and State Secretary at the Federal Ministry of Foreign Affairs of Germany accompanied by HE…
Rwandan peacekeepers under MINUSCA launched blood donation campaign
On 25th November 2023, Rwandan peacekeepers-Rwabat2 (59 Infantry Battalion) serving under the Multidimensional Integrated Mission for Stabilization in…