RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
SENIOR OFFICERS FROM TWELVE AFRICAN COUNTRIES GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 11 June 2022
Forty-eight (48) Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and 11 Allied Armed Forces from…
KIDNAPPED RDF SOLDIERS RETURNED
REF: RDF/MPR/A/10/04/22
Kigali, 11 June 2022
Following the kidnap of two RDF soldiers on patrol along the Rwanda-DRC border on 28 May 2022, and the…
DRC fires rockets into Rwanda
REF: RDF/MPR/A/10/03/22
Kigali, 10 June 2022
The DRC armed forces, FARDC, fired two 122mm rockets into Rwanda from the Bunagana area, striking along…
The Government of the Republic of Mozambique officially returns the people of Mocimboa da Praia city to their homes
Today on 9 June 2022, the Joint Forces of Rwanda and Mozambique, started helping the people displaced by the terrorists to evacuate them from a vast…
Members of Rwanda Military Attachés Association pay tribute to the victims of the Genocide against the Tutsi
Kigali, 8 June 2022
Today, members of the Rwanda Military Attachés Association paid tribute to victims of the 1994 Genocide against the Tutsi at…
HEAD OF MINUSCA INAUGURATES A CONFERENCE HALL CONSTRUCTED BY RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Yesterday, 07th June 2022, the Special Representative of Secretary General and Head of United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
THE INSPECTOR GENERAL OF POLICE OF THE MOZAMBIQUE BERNARDINO RAFAEL VISITS PUNDANHAR AND QUIONGA, IN THE NORTH OF PALMA DISTRICT
On Monday 6 June 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael together with Administrator…
EAC FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” KICKS OFF IN UGANDA
Jinja, 3 June 2022
The East African Community member states’ Armed Forces, police personnel and civilian components from 6 countries…
RWANDA SENDS TROOPS TO PARTICIPATE IN EAC MILITARY EXERCISE IN UGANDA
A total of 150 troops of Rwanda Defence Force (RDF) and 36 Rwanda National Police members, were yesterday sent to participate in the 12th East African…
RDF REQUESTS RELEASE OF SOLDIERS
REF: RDF/MPR/A/10/02/22
Kigali, 28 May 2022
Following the provocative aggression by FARDC on 23 May 22, where multiple rockets were fired on…