RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
APR Volley Ball Club Women celebrates 5 trophies as achievement for last season
Kigali, 25 February 2023
Yesterday, APR Volley Ball Club Women and friends celebrated the last season (2022-2023) achievements including 5 trophies…
Special Representative of the Secretary General in Central African Republic and Head of MINUSCA along with CAR Prime Minister visit Rwandan peacekeepers and local residents in SAM OUANDJA District, CAR.
24 February 2023
Today, the Special Representative of the Secretary-General (SRSG) in Central African Republic and Head of MINUSCA, Ms Valentine…
Handover Ceremony of newly appointed MOD permanent secretary
Kigali, 22 February 2023
Today, the newly appointed MOD Permanent Secretary, Col Célestin Kanyamahanga assumes office, he takes over from Maj Gen…
Rwanda’s Minister of Defence Maj. Gen Albert Murasira meets with his counterpart from the Kingdom of Netherlands, Hon. Kajsa OLLONGREN
On the sidelines of a summit on Responsible Artificial Intelligence in the Military Domain (REAIM) that was convened in The Hague, the Kingdom of the…
RDF PARTICIPATES IN MULTINATIONAL EXERCISE JUSTIFIED ACCORD 2023
Kigali, 16 February 2023
Rwanda Defence Force has sent military personnel in the multinational exercise codenamed Justified Accord 23 (JA23) from…
European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) visits Rwanda Security Forces Headquarters in Mocimboa da Praia District
Cabo Delgado,15 February 2023
On Wednesday, 15 February 2023, the European Union Director of Military Planning and Concept Capability (DMPCC) General…
CROSS-BORDER SHOOTING VIOLATION BY DRC TROOPS
REF: RDF/MPR/A/10/01/23
Kigali, 15 February 2023
On Wednesday morning at 4h30, FARDC forces estimated to be about one section (12 to 14 soldiers)…
RDF Senior Command and Staff Course Students start National Study Tour on Rwanda's Health Sector
Kigali, 13 February 2023
This morning, the Senior Command and Staff Course 11 started a National Study Tour on “Rwanda's health sector” which will…
Rwanda Security Forces in Mozambique donate scholastic materials to four Schools in Mocimboa da Praia and Palma district
Cabo Delgado, 13 February 2023
Rwanda Security Forces in Cabo Delgado province donated scholastic materials including exercise books and pens to one…
MOZAMBIQUE DEFENCE MINISTER VISITS RWANDA SECURITY FORCES IN ANCUABE, CABO DELGADO PROVINCE
Cabo Delgado, 05 February 2023
Mozambique Minister of Defence, Honorable Maj Gen Cristóvão Artur Chume, along with deputy commander of the Mozambican…