RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
UBUTUMWA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA (RDF) YAGENEYE INGABO Z’U RWANDA N’INZEGO Z'UMUTEKANO
Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, nifujrije ba Ofisiye n’abasirikare bato bo mu ngabo z’u Rwanda n’abo mu zindi nzego…
END OF YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RDF TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES
On behalf of the Government of Rwanda, and on my own behalf, I wish the officers, men, and women of the Rwanda Defence and Security Forces, and your…
Mozambique Armed Forces Chief of General Staff visits Rwanda Security Forces new deployment in Ancuabe District, Cabo Delgado Province
Cabo Delgado, 23 December 2022
The Chief of General Staff of the Mozambique Armed Forces, Admiral Joaquim Mangrasse visited Rwanda Security Forces…
RDF SOLDIERS COMPLETE BASIC SPECIAL OPERATION FORCES TRAINING COURSE
23 December 2022
Today, Rwanda Defence Force officers and other ranks concluded a 10 months Basic Special Operation Forces Course at the Basic…
Joint Rwanda and Thailand Peacekeepers in South Sudan conduct health care community outreach in Gudele, Juba Town
Juba, 17 December 2022
Today, joint Rwandan (Rwanbatt-1 and Rwanda Aviation Unity) and Thailand Peacekeepers under United Nations Mission in South…
RDF hosts an End of Year Dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 9 December 2022
RDF has this evening organised an end of year dinner in honour of Defence Attachés accredited to Rwanda. The event was hosted…
Director of EASF pays courtesy call on Minister of Defence and RDF Chief of Defence Staff
Kigali, 6 December 2022
Today, the Director of Eastern Africa Standby Force (EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa accompanied by EASF Commander,…
MEMBERS OF SENATE AND PARLIAMENT VISIT RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN
Juba-Durupi, 1 December 2022
On the side-lines of the 12th EAC Inter-Parliamentary Games conducted in Juba, South Sudan, today the Vice President of…
A delegation from Eastern Africa Standby Force visits Rwanda for verification of Rwanda’s pledged capabilities
Kigali, 1 December 2022
This morning, a delegation from the Eastern Africa Standby Force (EASF) Secretariat led by Brig Gen Vincent GATAMA, the EASF…