RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
NORTHERN CORRIDOR INTEGRATION PROJECTS DEFENCE COOPERATION CLUSTER MEET IN RWANDA
Kigali, 8 January 2025
The Defence Cooperation Cluster's Technical Committee of the Northern Corridor Integration Projects (NCIPs) convened today in…
UBUTUMWA BUSOZA UMWAKA NYAKUBAHWA PEREZIDA WA REPUBULIKA AKABA N’UMUGABA W’IKIRENGA W’INGABO Z’U RWANDA YAGENEYE INGABO Z’IGIHUGU N’INZEGO Z’UMUTEKANO
Ba Ofisiye, abagore n’abagabo mu ngabo no mu nzego z’umutekano
Mu gihe dusoza undi mwaka, ndagira ngo mfate uyu mwanya nshimire cyane umusanzu wanyu…
END-OF-YEAR MESSAGE FROM H.E. THE PRESIDENT OF THE REPUBLIC AND COMMANDER-IN-CHIEF OF RWANDA’S DEFENCE AND SECURITY FORCES
Officers, Men, and Women of Rwanda’s Defence and Security Forces,
As we close another year, I take this moment to express my deepest gratitude for…
RWANDA SECURITY FORCES CONDUCT COMMUNITY WORK IN MACOMIA TOWN, CABO DELGADO PROVINCE
28 December 2024,
Rwandan Security Force (RSF) deployed in Macomia district, Cabo Delgado Province, Mozambique participated in community work…
MILITARY HEALTH SERVICE CHIEF OF STAFF ENGAGES RDF MEDICS ON SERVICE DELIVERY
Kigali, 26 December 2024
At RDF Headquarters in Kimihurura, Maj Gen Ephrem Rurangwa, Chief of Staff of the Military Health Services (MHS COS),…
EASF Concludes its Policy Organs Meeting in Kigali
Kigali, 21 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) concluded its 33rd Policy Organs Meeting today, 21 December 2024, after six days of…
EASF CHIEFS OF DEFENCE CONVENE IN KIGALI FOR STRONGER PARTNERSHIP
Kigali, 19 December 2024
Today, the Eastern Africa Standby Force (EASF) Chiefs of Defence joined the Experts Working Group at the 33rd Policy Organs…
Rwanda hosts Eastern Africa Standby Force’s 33rd Policy Organs Meeting
Kigali, 16 December 2024
The Eastern Africa Standby Force (EASF) has begun its 33rd Policy Organs Meeting today, held in Rwanda at Kigali Convention…
RDF host an end-of-year dinner to honor the Defence Attachés accredited to Rwanda
Kigali, 13 December 2024
The Rwanda Defence Force (RDF) held an end-of-year dinner this evening to honor Defence Attachés, both resident and…
Defence Attachés Accredited to Rwanda gather at RDF Headquarters for a Security Briefing
Kigali, 13 December 2024
Defence attachés accredited to Rwanda were hosted today to a security briefing at the MINADEF/RDF Headquarters in…