RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
The Chiefs/ Directors of the health services of the EAC Partner States Armed Forces meet in Rwanda to discuss strategies to mitigate health threats
Kigali, 17 February 2022
The Chiefs/Directors of the health services of the EAC Partner States Armed Forces have convened in Kigali from 17th to…
Rwanda Security Forces (RSF) and Forças Armadas de Defensa de Moçambique (FADM) dismantle new terrorist hideouts
Cabo Delgado, 14 February 2022
The Joint Rwanda and Mozambique security Forces have captured new terrorist hideouts in Nhica do Ruvuma and…
Rwanda Security Forces and Mozambican Armed Forces conduct operations in Pundanhar and Nhica do Ruvuma-west of Palma District
Cabo Delgado, 08 February 2022
For the last two days, Joint offensive operations were conducted by Rwandan and Mozambican security forces in the…
RDFCSC STUDENTS EMBARK ON THEIR ANNUAL NATIONAL STUDY TOUR 2022
Kigali, 7 February 2022
Rwanda Defence Force Command and Staff College (RDFCSC) students have embarked on a weeklong National Study Tour (NST 2022)…
RE-OPENING OF SCHOOLS IN PALMA DISTRICT, CABO DELGADO PROVINCE, MOZAMBIQUE
Today, 31 January 2022, the government of Mozambique officially re-opened Primary schools in Palma district.
The ceremony was held in Palma town,…
PRESIDENT PAUL KAGAME OPENS AFRICAN AIR CHIEFS’ SYMPOSIUM
Kigali, 25 January 2022
H.E President Paul Kagame, the President of the Republic of Rwanda and Commander-in- Chief of Rwanda Defence Force today…
President of Mozambique visits Mozambique and Rwanda Security Forces in Palma, Cabo Delgado Province, Mozambique
Yesterday, 21 January 2022, the President of the Republic of Mozambique Filipe Jacinto Nyusi visited the Joint forces of Mozambique and Rwanda in…
Rwanda to host African Air Chiefs Symposium
Kigali, 21 January 2022
In partnership with the United States Air Forces in Europe - Air Forces in Africa (USAFE-AFAFRICA) Rwanda will host the…
South African Chief of Defence Forces and Mozambican Deputy Chief of Defence Forces visit Rwanda Security Forces Hqs in Mocimboa da Praia city, Cabo Delgaldo province, Mozambique.
On Wednesday, 19th January 2022 a delegation headed by Gen Rudzani Maphwanya the Chief of South African National Defence Forces (CDF) accompanied by…
A Delegation from Egyptian Military Academy visits Rwanda Defence Force
Kigali, 20 January 2022
A delegation from Egyptian Military Academy headed by Brig Gen Ahmed Ibrahim Mohammed Alam El Deen and 04 military officer…