RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
RDF, NEBRASKA NATIONAL GUARD AND CZECH REPUBLIC TRILATERAL PARTNERSHIP
Kigali, 29 October 2021
A team of US senior military officials led by Maj Gen Daryl BOHAC, Adjutant General of the Nebraska National Guard is in…
RDF OFFERS LIVESTOCK AND BEDDINGS TO FAMILIES IN NYARUGURU AND NYAMAGABE DISTRICTS
Nyamagabe, 22 October 2021
Rwanda Defence Force donated livestock to 255 families in Ruheru, Muganza and Kitabi, Buruhukiro sectors in Nyaruguru and…
FLN captives handed over by Burundi to Rwanda at Nemba One stop border post
19 October 2021
11 FLN captives were today handed over by Burundi to Rwanda through the Expanded Joint Verification Mechanism (EJVM) at Nemba One…
Statement on cross-border incident in Rubavu District on 18 October 2021
On 18 Oct 2021, Rwanda security forces pursued smugglers who crossed the Rwanda-DRC border at Hehu Cell, Bugeshi Sector, Rubavu District. Rwandan law…
UN Team of experts conducts survey on pre-deployment training and deployment preparation expenses of peacekeeping personnel
Kigali, 18 October 2021
A team of experts from the United Nations in New York is currently in Rwanda from 18th to 21st October 2021 to conduct the…
33 RDF OFFICERS COMPLETE JUNIOR COMMAND AND STAFF COURSE
Musanze, 15 October 2021
Thirty-three officers of the Rwanda Defence Force (RDF) and three officers from Rwanda National Police (RNP) have…
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z'U RWANDA
ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z' U RWANDA
Students, Lecturers of the Claude Bernard University Diploma of Allergology, Lyon, France on a medical training visit at Rwanda Military Hospital
Kigali, 14 October 2021
A delegation of 30 medical students and seven lecturers from French-speaking University Diploma of Allergology (DUFRAL) from…
EAC Armed Forces CIMIC activities contribute in deepening cooperation
Machakos - Kenya, 13 October 2021
The Rwanda Defence Force (RDF) Medical Contingent treated 1129 patients during the EAC Armed Forces Civil Military…
Malawian Deputy Minister of Defence and delegation visit Rwanda
Kigali, 11 October 2021
The Deputy Minister of Defence, Hon. Jean Muonaowauza Sendeza acompanied by the Commander of Malawi Defence Forces Gen…