RDF YASEZEYE MU CYUBAHIRO BA OFISIYE BASHYIZWE MU KIRUHUKO CY’IZABUKURU
Kuri uyu wa Gatanu, ku Cyicaro gikuru cy'Ingabo z’u Rwanda (RDF) i Kimihurura, RDF yasezeye mu cyubahiro ba Ofisiye bagejeje igihe cyo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi. Uyu muhango ubaye ku nshuro ya 14, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Hon. Juvenal Marizamunda, mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda. Witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Gen MK Mubarakh, abagaba b’ingabo, ba Jenerali, ba Ofisiye bakuru n’imiryango y’abagiye mu kiruhuko.

Mu ijambo yavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w'ingabo, Minisitiri Marizamunda yashimiye abasezerewe ku bw’umurava bagaragaje mu gukorera igihugu. Yabashimiye uruhare bagize mu rugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, no kongera kubaka igihugu. Yashimye kandi uruhare rwabo mu guhindura RDF ingabo zikomeye, zifite ubunyamwuga kandi zubashywe ku rwego mpuzamahanga binyuze mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imikoranire n’ibindi bihugu, ashimangira ko ibikorwa byabo bisize umurage uhoraho.
Minisitiri Marizamunda yanashimiye abo bashakanye ku nkunga idasanzwe batanze, agaragaza ko bitanze cyane mu gukomeza guhuza imiryango mu gihe abo bashakanye babaga bari mu butumwa bw’akazi.

Mu ijambo rye, Umugaba Mukuru w’Ingabo z'u Rwanda, Gen MK Mubarakh, yashimiye abasezerewe ku rukundo rw’igihugu, imyitwarire myiza n’ubunyamwuga bagaragaje mu kazi kabo. Yabashimiye kuba barigishije abakiri bato mu ngabo, bakabatoza indangagaciro za RDF, ibyatumye habaho urubyiruko rwiteguye kurinda igihugu. Yagaragaje ko RDF n’igihugu bizakomeza kungukira ku bunararibonye, ubwenge n’inama by’abasezerewe.
Mu izina ry’abasezerewe, Maj Gen (Rtd) Emmanuel Bayingana yagaragaje ko batewe ishema n’iterambere rikomeye RDF imaze kugeraho. Yashimiye Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku bw'ubuyobozi bufite icyerekezo mu kubaka Ingabo z'u Rwanda zikomeye kandi zishyize hamwe. Yemeje ko nubwo basezeye ku mirimo ya gisirikare, bazakomeza kurangwa n'indangagaciro za RDF zirimo gukunda igihugu, ikinyabypfura no kwitanga, baniyemeza gukomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.
Umuhango wasojwe no gushyikiriza abasezerewe icyemezo cy'ishimwe mu kubaha icyubahiro ku bw’akazi k’indashyikirwa n’umuhate bagaragaje mu Ngabo z’u Rwanda.
More News
Rwanda, Tanzania Forces play a friendly football match
Ngoma District, 25 November 2023
Today, Rwanda Defence Force (RDF) 5 Division played a friendly football match against Tanzania People's Defence…
Rwandan peacekeepers and local residents conducted community work in Juba Capital City
On 24 November 2023, Rwandan peacekeepers (RWANBATT3) serving under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) jointly with Juba city…
Central African Republic enrols new soldiers trained by RDF
Bangui, 24 November 2023
The Central African Republic has today enrolled 512 new soldiers into the force after completing five months of basic…
Chief of General Staff of Burkina Faso Armed Forces visits Rwanda
Kigali, 9th November 2023
The Chief of General Staff of the Burkina Faso Armed Forces, Brig Gen Célestin SIMPORE and his delegation are in Rwanda…
Rwanda Security Forces (RSF) donate scholastic materials to schools in Mocimboa da Praia, Mozambique
Cabo Delgado, 26 October 2023
Due to the impact of war that crippled the education system during the four year terrorist insurgency in Mocimboa Da…
THE MINISTER OF FOREIGN AFFAIRS DR VINCENT BIRUTA VISITS RWANDAN TROOPS IN BANGUI, CAR
Bangui, 24 October 2023
Today, Rwandan delegation composed by the Minister of Foreign Affairs, Dr Vincent Biruta, SG NISS Maj Gen Joseph NZABAMWITA…
UN Peacekeeping Ministerial preparatory meeting opens in Rwanda
Kigali, 23 October 2023
Today, Honourable Minister of Defence, Mr Juvenal Marizamunda presided over the opening ceremony of the preparatory…
38 Officers complete Junior Command and Staff Course at RDF Command and Staff College
Musanze, 13 October 2023
The Rwanda Defence Force (RDF) Army Chief of Staff, Maj Gen Vincent Nyakarundi today presided over the pass out of 38…
Rwandan peacekeepers provide medical services to residents in Sam-Ouandja City in Central African Republic
Yesterday, on 06 October 2023, Rwanda Battle Group V (RWABG V) peacekeepers under the United Nations Multidimensional Integrated and Stabilization…
DEFENCE ATTACHÉS TO RWANDA BRIEFED ON RDF OPERATIONS AND INTERNAL AS WELL AS REGIONAL SECURITY DYNAMICS
Kigali, 6 October 2023
Defence Attachés (DA) accredited to Rwanda today were hosted for a security briefing at Rwanda Defence Force Headquarters,…