PEREZIDA WA MOZAMBIQUE YASUYE INZEGO Z'UMUTEKANO Z'U RWANDA I MOCÍMBOA DA PRAIA
Perezida wa Repubulika ya Mozambique akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo za Mozambike (FADM), Nyakubahwa Daniel Francisco Chapo, uyu munsi yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku cyicaro gikuru giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia, mu ruzinduko rw'akazi arimo kugirira mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w'Ingabo, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka za FADM, Major Gen André Rafael Mahunguane, Umugaba Mukuru w'Ingabo zirwanira mu mazi za Mozambique, Brig Gen (Commodore) Óscar Agostinho Lucas, hamwe n'abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma.

Nyuma yo gusura abasirikare ba FADM bakorera i Mocímboa da Praia, Perezida Chapo yakiriwe ku Kibuga cy'Indege cya Mocímboa da Praia n'Umuyobozi Mukuru w' Inzego z' Umutekano z'u Rwanda, Brig Gen CM Mujuni, ari kumwe n'abandi bayobozi. Nyuma yaho yagiranye inama n'abayobozi bakuru b' Inzego z'Umutekano z'u Rwanda abashimira uruhare rwabo mu kugarura amahoro n'umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida Chapo yashimiye byimazeyo Guverinoma y'u Rwanda, by'umwihariko Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, ku nkunga adahwema guha Mozambique mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.Yashimiye kandi Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku bwitange, ubunyamwuga mu kurinda abaturage no kugarura umutekano.
Agaruka ku kamaro k'ubufatanye hagati y' Inzego z'umutekano z'u Rwanda n'iza Mozambique, Perezida Chapo yashimye imikoranire myiza iri hagati y'inzego z'ibihugu byombi mu kurwanya iterabwoba, anizeza ko ubwo bufatanye buzakomeza kurushaho gushimangirwa.

More News
SENIOR OFFICERS FROM TWELVE AFRICAN COUNTRIES GRADUATE FROM RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 11 June 2022
Forty-eight (48) Senior Officers from Rwanda Defence Force (RDF), Rwanda National Police and 11 Allied Armed Forces from…
KIDNAPPED RDF SOLDIERS RETURNED
REF: RDF/MPR/A/10/04/22
Kigali, 11 June 2022
Following the kidnap of two RDF soldiers on patrol along the Rwanda-DRC border on 28 May 2022, and the…
DRC fires rockets into Rwanda
REF: RDF/MPR/A/10/03/22
Kigali, 10 June 2022
The DRC armed forces, FARDC, fired two 122mm rockets into Rwanda from the Bunagana area, striking along…
The Government of the Republic of Mozambique officially returns the people of Mocimboa da Praia city to their homes
Today on 9 June 2022, the Joint Forces of Rwanda and Mozambique, started helping the people displaced by the terrorists to evacuate them from a vast…
Members of Rwanda Military Attachés Association pay tribute to the victims of the Genocide against the Tutsi
Kigali, 8 June 2022
Today, members of the Rwanda Military Attachés Association paid tribute to victims of the 1994 Genocide against the Tutsi at…
HEAD OF MINUSCA INAUGURATES A CONFERENCE HALL CONSTRUCTED BY RWANDAN PEACEKEEPERS IN BRIA, CENTRAL AFRICAN REPUBLIC
Yesterday, 07th June 2022, the Special Representative of Secretary General and Head of United Nations Multidimensional Integrated Stabilisation…
THE INSPECTOR GENERAL OF POLICE OF THE MOZAMBIQUE BERNARDINO RAFAEL VISITS PUNDANHAR AND QUIONGA, IN THE NORTH OF PALMA DISTRICT
On Monday 6 June 2022, the Police Commander of Republic of Mozambique, Inspector General of Police (IGP) Bernardino Rafael together with Administrator…
EAC FIELD TRAINING EXERCISE “USHIRIKIANO IMARA” KICKS OFF IN UGANDA
Jinja, 3 June 2022
The East African Community member states’ Armed Forces, police personnel and civilian components from 6 countries…
RWANDA SENDS TROOPS TO PARTICIPATE IN EAC MILITARY EXERCISE IN UGANDA
A total of 150 troops of Rwanda Defence Force (RDF) and 36 Rwanda National Police members, were yesterday sent to participate in the 12th East African…
RDF REQUESTS RELEASE OF SOLDIERS
REF: RDF/MPR/A/10/02/22
Kigali, 28 May 2022
Following the provocative aggression by FARDC on 23 May 22, where multiple rockets were fired on…