PEREZIDA WA MOZAMBIQUE YASUYE INZEGO Z'UMUTEKANO Z'U RWANDA I MOCÍMBOA DA PRAIA
Perezida wa Repubulika ya Mozambique akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo za Mozambike (FADM), Nyakubahwa Daniel Francisco Chapo, uyu munsi yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku cyicaro gikuru giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia, mu ruzinduko rw'akazi arimo kugirira mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w'Ingabo, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka za FADM, Major Gen André Rafael Mahunguane, Umugaba Mukuru w'Ingabo zirwanira mu mazi za Mozambique, Brig Gen (Commodore) Óscar Agostinho Lucas, hamwe n'abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma.

Nyuma yo gusura abasirikare ba FADM bakorera i Mocímboa da Praia, Perezida Chapo yakiriwe ku Kibuga cy'Indege cya Mocímboa da Praia n'Umuyobozi Mukuru w' Inzego z' Umutekano z'u Rwanda, Brig Gen CM Mujuni, ari kumwe n'abandi bayobozi. Nyuma yaho yagiranye inama n'abayobozi bakuru b' Inzego z'Umutekano z'u Rwanda abashimira uruhare rwabo mu kugarura amahoro n'umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida Chapo yashimiye byimazeyo Guverinoma y'u Rwanda, by'umwihariko Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, ku nkunga adahwema guha Mozambique mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.Yashimiye kandi Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku bwitange, ubunyamwuga mu kurinda abaturage no kugarura umutekano.
Agaruka ku kamaro k'ubufatanye hagati y' Inzego z'umutekano z'u Rwanda n'iza Mozambique, Perezida Chapo yashimye imikoranire myiza iri hagati y'inzego z'ibihugu byombi mu kurwanya iterabwoba, anizeza ko ubwo bufatanye buzakomeza kurushaho gushimangirwa.

More News
RWANDAN PEACEKEEPERS IN SOUTH SUDAN HONOURED WITH UNITED NATIONS MEDALS
Juba–Durupi, 22 October 2025
Rwandan peacekeepers, comprising Rwanbatt-3 and the Rwandan Aviation Unit (RAU-13), serving under the United Nations…
RDF AND ICRC CONVENE SYMPOSIUM ON INTERNATIONAL HUMANITARIAN LAW AND CIVILIAN PROTECTION
Kigali, 21 October 2025
The Rwanda Defence Force (MOD/RDF), in collaboration with the International Committee of the Red Cross (ICRC), today held…
RWANDAN PEACEKEEPERS CONDUCT COMMUNITY WORK AND DONATE SCHOLASTIC MATERIALS TO PUPILS IN SOUTH SUDAN
Juba, 17 October 2025
Rwandan peacekeepers (17 Mechanized Infantry Battalion) under the United Nations Mission in South Sudan (UNMISS) donated a…
VALIDATION WORKSHOP OF STRATEGIC LEVEL COURSES CONCLUDES AT THE RWANDA DEFENCE FORCE COMMAND AND STAFF COLLEGE
Nyakinama, 16 October 2025
The Validation Workshop of Strategic Level Courses, held from 13 to 16 October 2025 at The Rwanda Defence Force Command…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ISHURI RIKURU RYA GISIRIKARE RYA NYAKINAMA
Musanze, 15 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uyu munsi yasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RDF COMMAND AND STAFF COLLEGE
Musanze, 15 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces (CDS-GAF), Lieutenant General Mamat O.A. Cham, today visited the…
UMUGABA MUKURU W’INGABO ZA GAMBIA YASUYE ICYICARO GIKURU CY’INGABO Z’U RWANDA
Kigali, 13 Ukwakira 2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Gambia, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva ku itariki…
CHIEF OF DEFENCE STAFF OF THE GAMBIA ARMED FORCES VISITS RWANDA DEFENCE FORCE
Kigali, 13 October 2025
The Chief of Defence Staff of the Gambia Armed Forces, Lieutenant General Mamat O.A. Cham, is on a working visit to Rwanda…
Ingabo z' u Rwanda ziri mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo bafatanije n' Umuryango SHF bakoze igikorwa cyo kurwanya malaria mu nkambi ya Mangateen
Juba, 11 Ukwakira 2025
Abasirikare n'abapolisi b’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku bufatanye…